Ibiti n’imigano biteye ku Muvumba byazanye impinduka ku mibereho y’abaturage

Nyagatare: Bamwe mu baturage bahinga mu kibaya  kiri mu gishanga  cya  Cyonyo  mu nkengero z’umugezi w’Umuvumba mu Karere ka Nyagatare babwiye UMUSEKE ko ibiti by’imikinga n’imigano Leta yateye mu nkengero z’uyu mugezi byatumye ubutaka n’imyaka yabo bitakitwarwa  n’isuri.

Umwe muri aba bahinzi Hatangimana Marc mu Mudugudu wa Cyonyo, Akagari ka Bushoga  Umurenge wa Nyagatare avuga ko  mu bihe by’imvura twahuraga n’igihombo gikabije kuko ubutaka duhingamo bwatwaraga n’isuri tukahakura umusaruro mukeya.

Ati”Ibiti n’imigano byatewe bifata ubutaka imyaka yacu  ntirembane cyangwa ngo itwarwe n’isuri ubu dusarura toni nyinshi.”

Umukozi ushinzwe ibidukikije mu Karere ka Nyagatare Muvunyi Samuel avuga ko  REMA ifatanyije n’Akarere bongeye gushaka ingemwe z’ibiti by’imikinga kuko  babonaga ishyamba rigizwe n’ubwoko bw’ibi biti bitangiye gusaza kandi ubusanzwe ari ryo rifata ubutaka bw’umugezi w’Umuvumba batera byinshi.

Ati “Mu Turere uyu mushinga wa REMA ukoreramo hatewe ibiti byinshi birimo n’ibivangwa n’imyaka.”

Umuyobozi wungurije  ushinzwe   Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Nyagatare Matsiko Gonzague avuga ko  Umushinga wo kubaka ubudahangarwa mu  mihindagurikire y’ibihe(NAP) wanafashije gutera ibiti by’imikinga ibiti avuga ko ari umwihariko  wo muri aka Karere kuri  hegitari 140 .

Matsiko akavuga ko  hari n’imigano yatewe ku nkengero z’uyu mugezi w’Umuvumba  kuva aho bahurira n’Igihugu cya Uganda iterwa ku birometero 85 ibi bikaba bigamije kurwanya isuri yatwaraga ubutaka bw’abahinzi n’imyaka yabo.

Ati”Ibiti n’imigano biteye ku nkengero z’Umuvumba  byakemuye ikibazo cy’isuri cyari gikomereye abaturage bacu ubu barahinga bakeza. “

Mu bishanga bitandukanye biri hafi y’inkengero z’Umugezi w’Umuvumba bihingwamo ibigori, Umuceri, n’imboga  hose hamaze guterwaho ibiti by’imikinga n’imigano ikumira isuri.

Hatangimana Marc umwe mu Bahinzi avuga ko ibiti n’imigano bitewe mu nkengero z’Umugezi w’Umuvumba byakumiriye isuri yabatwariraga ubutaka n’imyaka
Imigano itewe mu nkengero z’Umugezi w’Umuvumba yatumye Umusaruro abahinzi babona wiyongera
Umuyobozi wungurije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Nyagatare Matsiko Gonzague avuga ko basabye buri Kigo cy’ishuri gutera ibiti 10 nibura

MUHIZI ELISÉE

UMUSEKE.RW/Nyagatare