Umwenda nari mfitiye Inkotanyi narawishyuye – Uwarokotse

Yanditswe na Elisée MUHIZI
Meya w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Sylvère avuga ko abarokotse bashimira Inkotanyi bafite ishingiro

Kamonyi: Namahoro Apolo warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Kabgayi, avuga ko  yari yarahize ko nta kindi azitura Inkotanyi zamubwiye ngo ‘BAHO’ usibye kwiga.

Ni mu buhamya yasangije abari baje kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igikorwa cyabereye mu Murenge wa Kayumbu, Akarere ka Kamonyi.

Namahoro Apolo avuga ko inzira y’Umusaraba banyuzemo bava mu cyahoze ari Komini Rutobwe berekeza  bajya i Kabgayi, mu bitero by’interahamwe, yahaburiye abantu benshi bo mu muryango we kuko  Umuryango wa Sewabo wose wazimye.

Namahoro n’agahinda kenshi avuga ko iKabgayi aho bari bihishe yumvise ijwi ry’Inkotanyi rimubwira riti ’BAHO’ nkebutse nabonye ari Inkotanyi ndahumurika mbona ko ntagipfuye.”

Avuga ko kuva icyo gihe  yafashe icyemezo cyo kuziga amashuri yisumbuye, agakomereza muri Kaminuza kugira ngo azabwire Inkotanyi ko  barokoye umuntu uzagirira Umuryango we akamaro igihugu  muri rusange n’umuryango we by’umwihariko.

Ati “Nabanje kurwana n’ingaruka za Jenoside ariko ubu ndi hafi kurangiza amashuri ya Kaminuza mu myaka hafi 50 y’amavuko.”

Namahoro avuga ko kwiga ayo mashuri ari nzozi yari amaranye imyaka myinshi akavuga ko izo nzozi zibaye impamo.

Namahoro yavuze kandi ko yahoraga atekereza uko azahura imbona nkubone na Perezida  Paul Kagame, aza kugira amahirwe yo kumusuhuza, amusanze aho yari ari mu kigo cy’imfubyi kuko ariwe wagombaga gusoma umuvugo.

Ati “Natashye n’ubukwe bw’Umwana wa Rtd Jenerali James Kabarebe ndamusuhuza kuko nabyifuzaga.”

Perezida wa IBUKA mu Karere ka Kamonyi Mwenedata Zacharie,  yabwiye UMUSEKE ko  hari umubare munini w’abarokotse Jenoside bamaze kwiyubaka nyuma y’imyaka 31  Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ihagaritswe.

Ati “Hari bamwe mu barokotse Jenoside badafite amacumbi gusa Leta  ishingiye ku ngengo y’Imali  yayo hari abo yubakira buri mwaka abandi ikabasanira.”

Meya w’Akarere ka Kamonyi  Dr Nahayo Sylvère avuga ko aho bagera hose bagiye kwibuka,  abarokotse Jenoside bavuga ko Inkotanyi ari Ubuzima kuko zahagaritse Jenoside amahanga arebera.

Ati “Aho tugeze hirya no hino twibuka abarokotse bashimira Perezida wa Repubulika kuko ariwe wari urangaje Inkotanyi imbere.”

Mu Murenge wa Kayumbu  ahari  ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside  ni ahantu Interahamwe zari zaracukuye icyobo   kirekire zaroshyemo Abatutsi bari batuye mu cyahoze ari Komini Rutobwe no mu nkengero zaho.

Namahoro. Apolo avuga ko umuhigo wo kwiga ariwo yari yarasezeranyije Inkotanyi kugeraho
Meya w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Slyvère yashimiye abarokotse baize a ubufasha
Abari mu muhango wo kwibuka bakoze urugendo ruva ahari ikimenyetso rukagera mu gasanteri

MUHIZI  ELISÉE
UMUSEKE.RW/Kamonyi

Yisangize abandi