Abantu barenga 150 bishwe n’imyuzure ikomeye yabaye mu mpera z’icyumeru mu mujyi wa Kalemie mu Ntara ya Tanganyika no mu gace ka Kasaba ka teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Muri iyi minsi akarere k’ibiyaga binini karimo kugwamo imvura nyinshi.
Muri Teritwari ya Fizi ku wa kane no ku wa gatanu ushize imvura nyinshi yateye umwuzure aho umugezi wa Biega winjirira mu kiyaga Tanganyika, wuzuye ugatwara ukanasenya inzu z’abaturage mu gace kitwa Kasaba kari ku nkengero z’iki kiyaga.
Samy Kalodji, umwe mu bakuriye aka gace, asubirwamo n’ibinyamakuru muri DR Congo avuga ko abatabazi babonye abantu barenga 110 bapfuye, abarenga 40 bakomeretse, naho inzu zigera ku 150 zasenyutse.
Abategetsi muri Fizi bavuga ko mu bapfuye i Kasaba harimo abana bagera kuri 47.
Mu itangazo ryo ku cyumweru nijoro, , Minisitiri w’intebe wa DR Congo, Judith Suminwa,yihanganishije imiryango yabuze ababo muri Fizi kubera iyi myuzure yatewe n’imvura nyinshi.
Mu mujyi wa Kalemie, umurwa mukuru w’intara ya Tanganyika, naho imvura yahereye mu ntangiriro z’icyumweru gishize kandi ikomeje kugwayo, yatumye abantu barenga 60 bapfa ahanini kubera kuzura k’umugezi wa Lukuga usohoka mu kiyaga Tanganyika wasenye inzu z’abaturage.
Mu butumwa yatanze, Guverineri wa Tanganyika Christian Kitungwa avuga ko uretse umujyi wa Kalemie, n’indi mijyi y’iyi ntara irimo nka Moba yagizweho ingaruka n’imyuzure yatewe n’imvura nyinshi.
Kitungwa avuga ko hari ubwoba ko ibintu bishobora kurushaho kumera nabi kuko muri iyi ntara hasanzwe haratangajwe icyorezo cya Kolera, agasaba leta ya Kinshasa kubagoboka.
Kitungwa yavuze ko “ iyi ntara yashyizeho uburyo butandukanye bwo gutabara abantu babarirwa mu bihumbi ubu badafite aho kwikinga“.
Mu mujyi wa Kalemie, Kitungwa avuga ko ababuze inzu zabo barimo gucumbikirwa mu kigo cy’amahugurwa cya polisi cyagizwe aho gucumbikira abasigaye iheruheru.
Yavuze ko basaba leta ya Kinshasa gufasha intara ya Tanganyika kubonera ibiribwa abantu bagizweho ingaruka no gusana ibikorwa remezo byangiritse.
Yagize ati “Kubona aho abana baryama ku mabati y’inzu yarengewe, umuntu wese aba asabwa gutabara.”
Uyu avuga kandi ko mu bikenewe gukorwa mu guhangana n’iyi myuzure harimo kwagura ingobyi y’uruzi Lukuga rusohoka mu kiyaga Tanganyika.
IVOMO: BBC
UMUSEKE.RW