Umulinga Alice yongeye gutorerwa kuyobora Komite Olempike y’u Rwanda

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Biciye mu Nama y’Inteko Rusange y’Abanyamuryango ba Komite Olempike y’u Rwanda, Umulinga Alice wayoboraga by’agateganyo uru rwego, yongeye gutorerwa kuyobora manda y’imyaka ine iri imbere.

Ku wa Gatandatu tariki ya 10 Gicurasi 2025, ni bwo kuri Lemigo Hotel hateraniye Inama y’Inteko Rusange y’Abanyamuryango ba Komite Olempike y’u Rwanda.

Mu byari ku murongo w’ibyigwa, harimo n’ingingo zo gutora Komite Nyobozi nshya igomba kuyobora manda y’imyaka ine iri imbere.

Biciye mu bwisanzure bw’abanyamuryango, Umulinga Alice yongeye gutorerwa kuyobora kuyobora Komite Olempike y’u Rwanda mu myaka ine iri imbere.

Abandi bagize iyi Komite Nyobozi, ni Gakwaya Christian wagizwe Visi Perezida wa mbere, Umutoni Salama wongeye gutorerwa kuba Visi Perezida wa Kabiri na Kajangwe Joseph wongeye kugirwa Umunyamabanga Mukuru w’uru rwego.

Hatowe kandi Akanama k’Abajyanama karimo Butoyi Jean na Ruyonza Arlette. Akanama Gashinzwe gukemura amakimbirane kagizwe na Kagarama Clèmentine, Rwabuhihi Innocent na Nkurunziza Jean Pierre wagizwe Umunyamabanga wa ko.

Abashinzwe Igenzuramutungo, ni Mbaraga Alexis, Bugingo Elvis na Dusingizimana Thierry wagizwe umunyamabanga w’iyi Kimosiyo.

Iyi Komite Nyobozi, izayobora kugeza mu 2029. Manda iheruka, yari iyobowe na Uwayo Théogene waje kwegura ku mpamvu z’uburwayi.

Umulinga Alice yatorewe kuyobora Komite Olempike y’u Rwanda
Gakwaya Christian yagizwe Visi Perezida wa mbere
Umutoni Salama yongeye kuba Visi Perezida wa Kabiri
Kajangwe Joseph yongeye kugirwa Umunyamabanga Mukuru
Butoyi Jean, yagizwe Umujyanama
Rwabuhihi Innocent ari mu bashinzwe gukemura amakimbirane
Kagarama Clèmentine ari mu bashinzwe Gukemura amakimbirane
Ni amatora yabaye mu mucyo
Buri wese yatoye mu mutuzo
Mbaraga Alexis ari mu bashinzwe Igenzuramutungo

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *