Cristiano Ronaldo yatangaje igihe azahagarikira ruhago

Rutahizamu wa Al-Nassr yo muri Arabie Saoudité n’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Cristiano Ronaldo dos Santos Aveiro, yemeje ko mu gihe kitarenze imyaka iri imbere azaba ahagaritse gukina umupira w’amaguru.

Kenshi abanyamakuru bakomeje kujya bamubaza igihe azasezerera gukina ruhago nk’uwabigize umwuga, cyane ko benshi bahera ku myaka 40 afite ariko akaba akiri mu beza Isi ifite.

Ubwo yari mu Mujyi wa Riyad ku wa mbere, tariki ya 10 Ugushyingo 2025, yavuze ko mu gihe cya vuba azaba asezeye umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga.

Ati “Reka tube abanyakuri. Niba mvuze vuba, bisobanuye hagati y’umwaka umwe n’ibiri nzaba mpagaritse umupira w’amaguru.

Uyu mukinnyi ufite izina rinini ku Isi muri ruhago, yaciye mu makipe atandukanye akomeye arimo Sporting CP y’iwabo, Manchester United yo mu Bwongereza yanakoreyemo amateka akomeye, Real Madrid yo muri Espagne, Juventus yo mu Butaliyani na Al-Nassr arimo ubu.

CR7 asigaje imyaka itarenze ibiri akina nk’uwabigize umwuga

UMUSEKE.RW

Share This Article