Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano kafatiye ibihano abayobozi b’imitwe gashinja guteza urugomo n’umutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bwibasiwe n’intambara.
Ni ibihano byafatiwe Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa na Col. Nzenze Imani ushinzwe iperereza n’ibikorwa bya gisirikare muri iri huriro, na Brig. Gen. Charles Sematama uyobora umutwe wa Twirwaneho.
Akanama ka Loni kavuga ko Brig. Gen. Charles Sematama ayobora umutwe wa Twirwaneho ushinjwa kwica abasivili, kwinjiza abana mu gisirikare no gukora ibikorwa bihungabanya amahoro n’umutekano by’abaturage.
Ibi bihano byafatiwe kandi abayobozi babiri ba FDLR: Brig. Gen. Sebastien Uwimbabazi uzwi nka Gilbert Kimenyi na Col. Gustave Kubwayo uzwi nka Sirkoof, uyobora ishami ryihariye rya FDLR rizwi nka CRAP.
Muri Kamena 2026, impuguke za Loni zagaragaje ko FDLR igikomeje kubangamira amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa RDC no mu karere, kandi ko ikomeje kwiyubaka ibifashijwemo na Leta ya Kinshasa.
Mohammed Lumisa usanzwe ari umuganga mu mutwe w’iterabwoba wa ADF akaba n’umuyobozi ushinzwe ibikoresho bituruka hanze, na we yafatiwe ibihano.
Ibihano bya Loni bikubiyemo gufatirwa imitungo yaba iri mu bihugu binyamuryango, kutemererwa kubikoreramo ingendo ndetse no gutabwa muri yombi na Polisi mpuzamahanga (Interpol).
Ubu si ubwa mbere abo mu mitwe yitwaje intwaro ikorera muri DRC bafatiwe ibihano. Ariko izo ngamba z’ibihano zananiwe guhagarika imirwano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.



NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
