Ibiganiro bya Iran na Amerika byasubitswe ku munota wa nyuma

Amerika na Iran byageze ku masezerano ya nyuma yo guhagarika intambara

Ibiganiro by’ubuhuza byari guhuza Leta zunze Ubumwe za Amerika na Iran byagombaga kubera mu Busuwisi, hagamijwe gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yo guhagarika imirwano byasubitswe ku munota wa nyuma.

Ibi biganiro byari bube kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 19 Kamena 2026.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Busuwisi ntiyavuze impamvu ibyo biganiro byasubitswe.

White House, Ibiro bya Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, byari batangaje ko Visi Perezida JD Vance n’itsinda bari bujyane mu i Geneva  batahagurutse i Washington.

Iran nayo yari yavuze ko nta mpamvu y’ibyo biganiro kandi ku wa Gatatu ba Perezida Donald Trump na Masoud Pezeshkian bari basinye amasezerano y’ingingo 14 agamije guhagarika imirwano n’ubushyamirane hagati y’ibihugu byombi.

Iyubahirizwa ry’ayo masezerano ryatangiye kubahirizwa, aho Ingabo za Amerika zari zaragose ibyambu bya Iran zatangiye kuvayo kugira ngo amato ave cyangwa yinjire muri Iran.

Iran nayo yatangiye kwemera urujya n’uruza rw’amato y’ubucuruzi mu nzira ya Hormuz.

Ku rundi ruhande, Israel yo yakomeje ibitero muri Liban aho ivuga ko iri gusenya abarwanyi b’umutwe wa Hezbollah.

Iran yavugaga ko niba Israel idahagaritse ibyo bitero, amasezerano atazashyirwa mu bikorwa.

Share This Article