Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi Ari i Rennes mu Bufaransa aho yitabiriye inama y’abayobozi bakuru b’Ungabo.
Ni inama yiga ku kubungabunga amahoro, umutekano no kubitoza urubyiruko.
Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yanditse kuri X ko Maj Gen Nyakarundi Vincent yaganiriye na mugenzi we mu gihugu cy’u Bufaransa, Gen Pierre Schill.
Aho kandi Gen Nyakarundi yanitabiriye ibirori byo gusoza amasomo ya gisirikare mu ishuri rya Saint-Cyr Coëtquidan Military Academy ryo muri icyo gihugu.
Muri ibyo birori Gen Nyakarundi yanahahuriye n’Umunyarwanda Cadet Furaha Jean Paul Kabera na we urangije umwaka we wa mbere muri iryo shuri.
![](https://umuseke.rw/wp-content/uploads/2024/07/20240721_130444-1024x683.jpg)
![](https://umuseke.rw/wp-content/uploads/2024/07/20240721_130430.jpg)
NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE RW