Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko nubwo umubano hagati y’Ububiligi n’u Rwanda wahagaze, ibikorwa by’ubucuruzi birimo amashuri y’Ububiligi n’ingendo z’indenge bikomeza gukora.
Ibi bitangajwe nyuma yaho u Rwanda rumenyesheje u Bubiligi ko ruhagaritse umubano mu bya dipolomasi, runategeka Abadipolomate b’iki gihugu kuba bavuye ku butaka bwarwo mu gihe kitarenze amasaha 48.
U Rwanda rwavuze ko rwafashe uyu mwanzuro ugomba guhita ushyirwa mu bikorwa , nyuma yo kubyigana ubushishozi mu ngeri zose, bitewe n’imyitwarire y’Ububiligi ya gikoloni.
Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, mu kiganiro na RBA,yatangaje ko iki gihugu cyari cyaramaze gufata uruhande mu bibazo by’umutekano mucye mu Burasirazuba bwa RDCongo, kirengagije ko kizi amateka.
Ati “ Muri iki kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo,bigaragara neza ko Ububiligi bwarabogamye. Bwakagombye kuba bwaragiye hagati y’ibihugu byombi. Bukaba ari bwo bwa mbere mu gushaka kuba umuhuza, kugira ngo ikibazo kibe cyakemuka kuko RDCongo ifite ibyo ivuga, u Rwanda narwo rufite ibyo ruvuga.”
Akomeza agira ati “ Nk’ububuligi bwakolonije ibihugu byombi, ruzi uko imipaka yakaswe, ruzi uko indangamuntu zanditswemo amoko, ruzi kugeza uko byagenze ku bwigenge .”
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, avuga ko umubano w’u Rwanda n’Ububiligi utari wifashe neza ahnini bitewe n’iki gihugu cyakomezaga kwisunga amahanga ngo arufatire ibihano.
Ibindi bikorwa by’Ububilgi birakomeza
Muri icyo kiganiro, Alain Mukuralinda, yatangaje ko ibikorwa byahagaze ari ibishingiye kuri za Ambasade bityo ibindi bikorwa by’ubucuruzi nk’amashuri n’ibindi bikomeza.
- Advertisement -
Ati “Ku bindi bikorwa by’ubucuruzi,amashuri n’ibindi. Nk’ishuri umwaka wari ugiye gushira,uzashira mu mpera z’ukwezi kwa Gatandatu,nta kibazo ryagombye kugira nibura kugeza umwaka ushize. Icyabaye ni ikirebana n’abakozi bo muri Ambasade.”
Yakomeje ati “ Nta mukozi usanzwe uri mu kazi k’ishuri ku buryo atageza ku mpera z’umwaka, bakarangiza umwaka. Nyuma yaho ni ukuzareba uko ryakora cyangwa umubano waba wagarutse , ibintu bikaganirwaho.”
Ibikorwa by’ubucuruzi hari Rwandair ijyayo ikagaruka ,Brussels Airlines, ni nka gatanu mu cyumweru.Ibyo ni bikorwa bishobora gukomeza, bikaba byabangamirwa ni uko hari ibintu rimwe na rimwe byakenerwaga na Ambasade, ukabisanga i kigali. Ibikorwa by’ubucuruzi byo bishobora gukomeza kimwe nuko bitakomeza . A riko ibyahagaze ni ibishingiye kuri za Ambasade.”
Alain Mukurarinda avuga ko uhagarariye inyungu z’u Rwanda mu Budage ari we ufite inshingano zo kuruhagararira mu Muryango w’Ubumwe bw’Uburayi.
U Rwanda n’Ububiligi bimaze iminsi bidacana uwaka, ariko byahumiye ku mirari ubwo umutwe wa M23 wagaragazaga imbaraga ugafata ibice bitandukanye byo mu burasirazuba bwa Congo, harimo imijyi ya Goma na Bukavu, butangira gushishikariza amahanga gufatira u Rwanda ibihano.
UMUSEKE.RW