Haringingo yabuze ingingo zimukura i Rubavu

Nyuma yo gutangira gutoza ikipe ya Rayon Sports, umutoza, Haringingo Francis Christian ‘Mbaya’, yakuye inota rimwe kuri Rutsiro FC mu gihe we yari yiteze kubona atatu yuzuye.

Umukino w’umunsi wa 27 wa Shampiyona y’u Rwanda [Rwanda Premier League] wahuje Rutsiro FC na Rayon Sports, wabaye ku Cyumweru, tariki ya 19 Mata 2026 Saa Cyenda z’igicamunsi kuri Stade Umuganda.

Aba-Rayons bari benshi muri iyi Stade, batashye bababaye nyuma yo kunganya 0-0 mu gihe bo bari biteze kubona amanota atatu nyuma y’uko APR FC yari yaraye ihatsindiwe na Etincelles FC ibitego 2-1.

Yabaye intangiriro mbi kuri Haringingo utoza Rayon Sports, nyuma y’uko atari yatoje umukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona y’u Rwanda kuko yari atarahabwa uburenganzira na FERWAFA.

Nyuma y’umukino, uyu mutoza yavuze ko bagiye gukina n’ikipe yakiniye inyuma cyane, bikabagora kubona uburyo bwo kubona igitego.

Yakomeje avuga ko abakinnyi be batabaye beza mu kurema uburyo bwo gutsinda ibitego n’ubwo mu gice cya Kabiri babaye beza.

Mbaya yavuze ko kimwe mu byihutirwa, harimo guhindura imyumvire ariko kandi ko we na bagenzi be bagiye gushyira imbaraga mu kwigisha abakinnyi be gutsinda ibitego kuko uburyo bwo buraboneka.

Murera yagumanye umwanya wa Kane n’amanota 44 aho irusha rimwe Kiyovu Sports ya Gatanu mu gihe irushwa na APR FC amanota umunani.

Haringingo yagize intangiriro mbi muri Rayon Sports
Rutsiro FC yihagazeho inganya na Rayon Sports 0-0

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *