Minisitiri w’Intebe yitabiriye irahira rya Museveni

Dr Nsengiyumva azahagararira Perezida Kagame mu irahira rya Museveni

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin,  yageze i Kampala aho ahagarariye  Perezida Paul  Kagame  mu muhango w’irahira rya Yoweri Kaguta Museveni, Perezida wa Uganda, uheruka gutorwa .

Ni ibirori biteganyijwe kuba ku munsi w’ejo ku wa Kabiri tariki ya 12 Gicurasi 2026, aho  bizabera ku kibuga cya Kololo Independence Grounds .

Guverinoma ya Uganda yatangaje ko yatumiye abashyitsi batandukanye barimo abakuru b’ibihugu na za guverinoma barenga 35.

Hatumiwe kandi abahagarariye amashyaka akomeye muri Afurika nka RPF-Inkotanyi (Rwanda), ANC (Afurika y’Epfo), CCM (Tanzania), ZANU-PF (Zimbabwe), na FRELIMO (Mozambique).

Mu bakuru b’ibihugu bamaze kwemera ubutumire,   harimo Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, uwa Djibout , Ismail Omar Guelleh ndetse n’itumwa z’abakuru b’ibihugu bya Algeria n’abandi.

Komisiyo y’amatora ya Uganda yemeje ko Yoweri Museveni yatsinze amatora ya perezida n’amajwi 71% mu gihe uwo bari bahatanye cyane Robert Ssentamu uzwi cyane nka Bobi Wine yagize amajwi 24% naho abandi bakandida batandatu uwaje hafi yagize 1%.

Yoweri Museveni w’imyaka 81 yatorewe manda ya karindwi yikurikiranya nka perezida wa Uganda izatuma aguma ku butegetsi kugeza mu 2031.

Ari kumwe na Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Vincent Biruta

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *