Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yageze i Kampala aho ahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Yoweri Kaguta Museveni, Perezida wa Uganda, uheruka gutorwa .
Ni ibirori biteganyijwe kuba ku munsi w’ejo ku wa Kabiri tariki ya 12 Gicurasi 2026, aho bizabera ku kibuga cya Kololo Independence Grounds .
Guverinoma ya Uganda yatangaje ko yatumiye abashyitsi batandukanye barimo abakuru b’ibihugu na za guverinoma barenga 35.
Hatumiwe kandi abahagarariye amashyaka akomeye muri Afurika nka RPF-Inkotanyi (Rwanda), ANC (Afurika y’Epfo), CCM (Tanzania), ZANU-PF (Zimbabwe), na FRELIMO (Mozambique).
Mu bakuru b’ibihugu bamaze kwemera ubutumire, harimo Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, uwa Djibout , Ismail Omar Guelleh ndetse n’itumwa z’abakuru b’ibihugu bya Algeria n’abandi.
Komisiyo y’amatora ya Uganda yemeje ko Yoweri Museveni yatsinze amatora ya perezida n’amajwi 71% mu gihe uwo bari bahatanye cyane Robert Ssentamu uzwi cyane nka Bobi Wine yagize amajwi 24% naho abandi bakandida batandatu uwaje hafi yagize 1%.
Yoweri Museveni w’imyaka 81 yatorewe manda ya karindwi yikurikiranya nka perezida wa Uganda izatuma aguma ku butegetsi kugeza mu 2031.



UMUSEKE.RW
