Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya bwatangaje ko nta ngendo zemewe hagati y’imijyi ibiri, uwa Bukavu na Uvira mu cyo bise ‘impamvu z’umutekano no gukumira ko abarwanyi ba AFC/M23 bazajya bacengera mu bice bigenzurwa na Leta.”
Guverineri w’Agateganyo wa Kivu y’Amajyepfo washyizwe na Leta, Jean-Jacques Elakano, yavuze ko iki cyemezo gitangira kubahirizwa kuva kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026.
Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, ivuga ko Guverineri Jean-Jacques Elakano yabwiye itangazamakuru ko ingendo zihuza Umujyi wa Bukavu, ubu ugenzurwa n’abarwanyi ba AFC/M23 n’uwa Uvira, zigomba guhagarara ngo kuko abo muri AFC/M23 bifashisha ingendo z’ubucuruzi n’abaturage ‘bagacengera mu bice bigenzurwa na Leta.’
Uyu mutegetsi ku wa Gatandatu yari yavuze ko abaturage bafite amasaha 48 bakaba basubiye mu bice bumva bakwiriye kubamo, ushaka kujya muru Uvira akajyayo n’ushaka kujya i Bukavu akaba yagezeyo.
Avuga ko ingendo zisabukurwa mu gihe abarwanyi bose ba AFC/M23 bazaba bavuye mu bice byose bya Teritwari ya Uvira.
Nta kwezi gushize Leta yari yavuze ko ingendo zemewe nyuma y’igihe n’ubundi zifunzwe.
Amakuru avuga ko n’ubundi, ingendo hagati ya Uvira na Bukavu zasaga n’izidashoboka kuko abasirikare ba Leta ya Kinshasa n’abarwanyi ba Wazalendo babaga bari ku muhanda bashinze za ‘barrier’, ku buryo uwavaga i Bukavu ashaka kwinjira mu bice bigenzurwa na Leta yakubitwaga, akanamburwa ashinjwa kuba intasi ya AFC/M23.

