Perezida Donald Trump wa Leta zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko bagabye ibitero simusiga mu murwa Mukuru wa Venezuela, ingabo zifata Perezida Nicolás Maduro n’umugore we bakurwa muri icyo gihugu.
Ni ubutumwa Perezida Trump yanditse kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Mutarama 2026, ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth Social.
Trump yanditse ko Leta zunze Ubumwe za Amerika zakoze neza igitero kinini cyibasiye Venezuela n’umuyobozi wayo.
Ati “Perezida Nicolás Maduro, n’umugore we bafashwe bavanwa muri icyo gihugu.”
Trump yavuze ko amakuru arambuye ayatangira mu kiganiro agirana n’abanyamakuru mu rugo rwe, Mar-a-Lago ruherereye muri leta ya Florida.
Ubutegetsi bwa Venezuela bwari bwatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye ibitero mu murwa mukuru Caracas, ndetse no mu zindi ntara eshatu, zirimo Miranda, La Guaira, na Aragua.
Bwavugaga ko Perezida Maduro yahise atangaza ibihe bidasanzwe.
Perezida Donald Trump yari amaze igihe yarikomye Venezuela by’umwihariko Perezida Nicolás Maduro aho amushinja gucuruza no guha inzira ibiyobyabwenge byinjira muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Trump yatangije ibitero bigabwa ku mato ‘yavugaga ko aba atwaye ibiyobyabwenge biva muri Venezuela bijya muri Amerika.’
Amerika kandi imaze iminsi ifata amato atwaye peteroli ya Venezuela.
Ni imigirire Venezuela yamaganye ikavuga ko ari imyitwarire ya gikoloni ko kandi Amerika icyo ihora Venezuela atari ibiyobyabwenge ahubwo ishaka peteroli n’umutungo kamere wa Venezuela.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW