Browsing author

NSHIMIYIMANA THEOGENE

Huye: Umunyeshuri uregwa gusambanya mugenzi we yasabye kuburana adafunze

Urukiko Rwisumbuye rwa Huye, rwaburanishije ubujurire bw’umunyeshuri usaba gukurikiranwa adafunzwe akaba aregwa gusambanya mugenzi ndetse  akanamutera inda. Mu rubanza rw’umunyeshuri witwa Niyonsenga Ramadhan wigaga mu mwaka wa Kane w’amashuri yisumbuye mu ishuri rya G.S Mwurire riherereye mu Murenge wa Mbazi mu karere ka Huye aho aburana ubujurire asaba ko yafungurwa by’agateganyo agakurikiranwa ari hanze nyuma […]

Umukire utunze imodoka zirenga 25, igorofa mu Mujyi wa Kigali yongeye gufungwa  

Umukire utunze imodoka zirenga 25, igorofa mu mujyi wa Kigali n’ibindi waherukaga gufungurwa by’agateganyo, bikekwa ko habonetse ibindi bimenyetso atabwa muri yombi hamwe n’abandi bantu babiri ngo bakurikiranwe n’amategeko. Amakuru y’itabwa  muri yombi rya Niyitegeka ryumvikanye mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Gashyantare 2025. Abakorana na Niyitegeka Eliezer bavuga ko yongeye gutabwa muri yombi […]

Abatangabuhamya b’ubushinjacyaha mu rubanza rwa ‘Mico’bahaswe ibibazo

Abatangabuhamya babiri b’ubushinjacyaha  bumviswe mu rukiko bakavuga ko babonanye Micomyiza imbunda bahaswe ibibazo. Kuri uyu wa 18 Gashyantare 2025 nibwo urubanza rwa Micomyiza Jean Paul alias Mico rwakomeje aho nk’umutangabuhamya wa mbere wumviswe yavuze ko azi Micomyiza Jean Paul mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi 1994 na mbere yaho kuko bombi bari baturanye i Cyarwa. […]

Urubanza rw’ Umukire utunze imodoka 25, ibibanza 120, etaji i Kigali rwasubitswe

Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwasubitse urubanza ruregwamo umukire utunze imodoka 25 etaji i Kigali, ibibanza 120 n’ibindi kuko atari yunganiwe akaba ategereje guhabwa imitungo ye yafatiriwe. Kuri uyu wa 17 Gashyantare 2025 Niyitegeka Eliezer nibwo yitabye urukiko aburana ubujurire, asaba ko urubanza rusubikwa aho yatanze inzitizi ko nta mwunganizi afite. Uyu mugabo wari wambaye ishati […]

Nyanza: RIB yafunze uwiyitaga umugiraneza agacucura abaturage

Umusore wo mu karere ka Nyanza yatawe muri yombi akekwaho kwiba aho yakoreshaga amayeri atandukanye arimo no kwiyita umugiraneza. Yafatiwe mu karere ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu Kagari ka Kavumu mu Mudugudu wa  Nyamagana B. UMUSEKE wamenye amakuru ko RIB yafunze   umusore ukekwaho ubujura aho yasanzwe  mu nzu y’uwitwa Hakizimana J.Damascene . Uyu […]

Umwarimu wigisha mu mashuri yisumbuye “yasanzwe mu mugozi yapfuye”

Nyanza: Umwarimu wigishaga mu mashuri yisumbuye mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza birakekwa ko yiyahuye aho yasanzwe yapfuye. Byabereye mu karere ka Nyanza mu murenge wa Cyabakamyi  mu kagari ka Nyabinyenga mu mudugudu wa Kabuga. UMUSEKE wamenye amakuru ko umwarimu  witwa NGIRINSHUTI François  Xavier bahimba Bandora w’imyaka 42 wigishaga mu mashuri yisumbuye mu […]

Ubuyobozi bwafashe umugabo “wahishaga ihene z’inyibano”

Nyanza: Umugabo arakekwaho guhisha ihene z’inyubano, byamenyekanye ubwo umwe mu bakekwaho ubujura yamutangagaho amakuru. Uwahaye amakuru UMUSEKE yavuze ko hari umuntu wibaga ihene wo mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza akaziha umugabo witwa Mbazibose Evariste akaba ari we uzihisha aho atuye mu murenge wa Busasamana, mu karere ka Nyanza ari naho uriya mugabo […]

Gisagara: Amatungo magufi arafasha abaturage guhindura ubuzima

Abaturage bo mu karere ka Gisagara bahawe amatungo magufi, bavuga ko byabafashije bakikura mu bukene aho banemeza ko agenda abateza imbere. Abahawe amatungo magufi ni bamwe mu baturage bo mu mirenge yo mu karere ka Gisagara nka Gikonko, Gishubi n’iyindi. Manishimwe Alice w’imyaka 29 akaba afite umugabo n’abana babiri, atuye mu murenge wa Gishubi avuga […]

Karasira yasabye Urukiko guhamagaza abanyamakuru barimo uwapfuye

Karasira Aimable Uzaramba alias Prof. Nigga yasabye urukiko ko rwahamagara abanyamakuru, aribo Ntwari John William witabye Imana na Agnes Uwimana wahunze igihugu, bakabazwa ibiganiro bagiranaga nawe. Kuri uyu munsi, Karasira Aimable Uzaramba alias Prof. Nigga yageze ku rukiko yambaye inkweto zo mu bwoko bwa bodaboda, imwe ubururu, indi umweru, ndetse n’amasogisi maremare y’umukara. Yari yambaye […]

Urubanza rw’abakekwaho kwica umwana w’imyaka 12 rwasubitswe ku nshuro ya kane

Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwongeye gusubika isomwa ry’urubanza rw’abagabo batanu  bakekwaho kwica umwana w’imyaka 12  witwa Kalinda Loîc Ntwari William. Kuri uyu wa 11 Gashyantare 2025 byari biteganyijwe ko umucamanza atangaza icyemezo cyafatiwe abagabo batanu bakekwaho kwica uriya mwana . Nyakwigendera n’uwo mu mudugudu wa Gakenyeri A mu kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana […]