Browsing author

NSHIMIYIMANA THEOGENE

Abakozi b’Ibitaro bya Nyanza  n’ubuyobozi ntibahuza ku mafaranga yanyerejwe

Abakozi b’Ibitaro bya Nyanza n’ubuyobozi ntibahuza ku mafaranga yanyerejwe

Bamwe mu bakozi bo mu bitaro bya Nyanza basabwe kwishyura amafaranga y’agahimbazamushyi arenga miliyoni 20Frw, babwirwa ko ari umusoro witwa PBF, bo bavuga ko amakosa yakozwe n’ushinzwe abakozi muri icyo kigo. Mu mwaka wa 2022-203, nyuma y’ubugenzuzi  bwakozwe n’Ibitaro by’Akarere nyuma yo kubigirwamo inama n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya leta, yagaragaje ko umusoro wa ‘PAYE’/TPR utatanzwe […]

Nyanza:  Abaturage  bari babayeho nabi borojwe amatungo magufi

Nyanza:  Abaturage bari babayeho nabi borojwe amatungo magufi

Urugaga rw’Abikorera(PSF) mu karere ka Nyanza rworoje ihene abaturage 58 basabwa nabo koroza abandi. Ni mu rwego rwo kuzamura imibereho y’abaturage no kumenyekanisha Urugagaga rw’abikorera . Perezida wa PSF mu karere ka Nyanza Mukarurangwa Sophia yabwiye aba baturage ko  badakwiye kumva ko ihene ari iya PSF ahubwo ari iyabo . Yagize ati”Ntibazumve ko ihene ari […]

Ubuyobozi bwavuze ku basore 15 benewabo bari bagize impungenge z’uwabajyanye

Ubuyobozi bwavuze ku basore 15 benewabo bari bagize impungenge z’uwabajyanye

Nyanza: Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza burahumuriza abaturage bari bafite impungenge nyuma y’uko hari umuntu waje agatwara abasore 15 agiye kubaha akazi, abaturage bakaba bavuga ko bumvise amakuru y’uko bafatiwe muri Nyungwe bagiye mu mitwe y’iterabwoba, ibyo ubuyobozi bwabihakanye. Taliki ya 15 Mata 2025 mu kagari ka Mushirarungu, mu murenge wa Rwabicuma mu karere Nyanza mu […]

Béatrice Munyenyezi yitwaraga nk’uwiga Kaminuza

Mu miburanire ya Béatrice Munyenyezi ku rwego rw’ubujurire yavuze ko abatangabuhamya bamushinja batamuzi kuko bemeza ko yigaga Kaminuza nyamara yarigaga mu mashuri yisumbuye. Ni mu iburanisha ryo kuri uyu wa 16 Mata 2025 ubushinjacyaha buvuga ku cyaha cy’ubufatanyacyaha bwo gusambanya ku gahato nk’icyaha kibasiye inyokomuntu. Ubushinjacyaha bwavuze ko Béatrice Munyenyezi hari abakobwa bamusangaga kuri bariyeri, […]

Urukiko rwafashe icyemezo cyanyuze Béatrice Munyenyezi “uherutse kurutakira arira”

Urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruri i Nyanza mu ntara y’Amajyepfo rwavuze ko ruzajya mu igororero rya Nyarugenge kubera ibibazo Béatrice Munyenyezi yarubwiye Nyuma y’uko Béatrice Munyenyezi abwiye urukiko rumuburanisha ko ari gutotezwa n’abagororwa bagenzi be mu igororero rya Nyarugenge, ahazwi nka gereza ya Mageragere urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya […]

Ntazinda wari Mayor wa Nyanza akimara kweguzwa “yafunzwe”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko rwataye muri yombi Ntazinda Erasme, wayoboraga Akarere ka Nyanza. Tariki ya 15 Mata 2025, nibwo hasakaye inkuru y’uko Inama Idasanzwe yateranye yeguje Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, kubera kunanirwa kuzuza inshingano ze. Itangazo akarere ka Nyanza kasohoye nta byinshi mubyo Ntazinda Erasme yaba atarujuje byavuzwe. Abakoranaga na we babwiye UMUSEKE […]

Mayor wa Nyanza yatakambye biba iby’ubusa areguzwa!

Inama idasanzwe y’inama njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje uwari umuyobozi w’akarere, Ntazinda Ersme aho ashinjwa kunanirwa kurangiza inshingano ze. Akarere ka Nyanza kuri X yahoze ari Twitter kanditse ko inama idasanzwe yafashe umwanzuro wo guhagarika Mayor Ntazinda mu nshingano zo kuyobora akarere kubera impamvu yo kutuzuza inshingano uko bikwiye Hari hashize igihe uyu mugabo adatorewe […]

Munyenyezi Béatrice yaririye mu Rukiko

Béatrice Munyenyezi yabwiye urukiko ko atotezwa n’abagororwa bagenzi be byanatumye arara arira ndetse ahita asuka amarira mu rukiko. Munyenyezi Béatrice yagaragaraga ku ikoranabuhanga rya ‘Video conference’ ari mu igororero rya Nyarugenge i Kigali asanzwe afungiyemo naho abunganizi be mu mategeko, ubushinjacyaha n’urukiko bo bari ku rukiko asanzwe aburaniramo ruri ku cyicaro cyarwo i Nyanza. Munyenyezi […]

Mu igororero rya Nyarugenge haravugwa indwara y’iseru

Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igororero, RCS, bwatangaje ko mu igororero rya Nyarugenge hari indwara y’iseru ndetse hatangiye gufatwa ingamba mu rwego rwo kuyikumira. Hashize iminsi abagororwa bamwe bari mu Igororero rya Nyarugenge badasohoka ngo bajye kuburana imbona nkubone, bikaba ngombwa ko baburana hifashishijwe ikoranabuhanga rya ‘Video conference’. Imwe mu mpamvu yavugwaga n’indwara y’iseru iri muri iryo […]