Mangwende yabonye ikipe mu Buhinde

Myugariro w’ikipe y’igihugu Amavubi, Imanishimwe Emmanuel yasinyiye ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde nyuma yo gutandukana na AEL Limasol yo muri Chypre.

Ni amakuru yamenyekanye kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 11 Kanama 2026.

Uyu mwugariro uzwi ku izina rya Mangwende, yari amaze igihe yaravunitse ariko ubu yamaze gukira ndetse ari no gukina n’ubwo mu minsi ishize atabashije kubona umwanya wo gukina mu Amavubi.

Emmanuel w’imyaka 31, amaze imyaka itanu akina hanze y’u Rwanda aho mu 2021 ari bwo yavuye muri APR FC ajya muri AS FAR yo muri Maroc, akaza kuyivamo mu 2024 ajya i Burayi muri AEL Limassol yo mu Chypre.

Chennaiyin FC yaguze uyu mukinnyi, yashinzwe mu 2014. Muri uyu mwaka w’imikino 2025-26, iyi kipe ni iya 13 mu makipe 14.

Mangwende yabonye akazi mu Buhinde

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *