Hari abaturage barembeye kwa muganga nyuma yo kunywa ubushera

Nyaruguru ni mu ibara ritukura cyane

Nyaruguru: Abaturage 17 banyoye ubushera bikekwa ko bwanduye bihutanywe kwa Muganga nyuma y’uko bubagizeho ingaruka bamwe baravurwa abandi baracyari yo.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Cyahinda buvuga ko hari abaturage banyoye ubushera bwanduye bakaba barembeye mu Kigo Nderabuzima.

Iki kibazo cyabereye mu Mudugudu wa Rubona, Akagari ka Rutobwe, Umurenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyahinda, Nkurunziza Aphrodis yabwiye UMUSEKE ko hari abaturage 17 bagiye ku muturanyi basangira ubushera burimo batangira kuruka, no gucibwamo bajyanwa mu Kigo Nderabuzima cya Cyahinda.

Gitifu Nkurunziza avuga ko mu bajyanywe mu Kigo Nderabuzima bose uko ari 17 bane muri bo bavuwe basubira mu rugo, abandi 13 bari bakiri kwa Muganga kugira ngo bakomeze kwitabwaho.

Ati: “Mu banyoye ubwo bushera harimo na nyira bwo, kandi abakirwaye baracisha hasi no hejuru.”

Gitifu Nkurunziza yasabye abacuruza inzoga zo muri ubwo bwoko kurushaho kuzitegurana isuku, cyane ko abakenera kubinywa ari abantu benshi.

Mu minsi ibiri ishize abaturage 120 bo mu Murenge wa Rukira, Akarere ka Ngoma banyoye umutobe bikekwa ko wanduye bajyanwa mu Bitaro.

Mu kiganiro Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana yahaye Televiziyo y’igihugu, RBA yavuze ko abategura ibinyobwa bakwiye kubitegurana isuku, kuko iyo bitateguwe neza biba ari uburozi.

Yavuze ko ikibazo cy’ibisindisha bikorwa mu buryo butemewe, “byabaye icyorezo” kandi bikwiye kurwanywa na buri wese kugira ngo hato bitazagira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’igihugu, no ku buzima bw’ababinywa.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Nyaruguru

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *