AFC/M23 yashinje Leta ya Congo kurekura abantu batari abayo

AFC/M23 yavuze ko mu bantu 15 bafunguwe na Leta ya Congo, 6 muri bo ntaho bahuriye n'uwo mutwe

Ihuriro rya AFC/M23 ryashinjije ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi kurekura zimwe mu mfungwa zidafite aho zihuriye n’abagize iryo huriro kandi mu masezerano basinye arebana no kurekura abafunzwe bazira ko ari abanyamuryango baryo .

Ku wa 6 Kanama 2026 nibwo Umuryango utabara abari mu kaga wa Croix-Rouge muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) watangaje ko washyikirije ihuriro rya AFC/M23 abantu baryo 15 bari bamaze igihe bafunzwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nyuma yaho AFC/M23 yasohoye itangazo ivuga ko yakiriye abo bantu bavuye muri Uganda nyuma y’uko bari bafungiye muri Gereza zirimo Makala, Ndolo na ANR.

AFC/M23 yavuze ko mu bantu 15 bafunguye, 9 muri bo bari ku rutonde rw’abantu 768 batanzwe n’uyu mutwe ubwo bari mu biganiro by’ubuhuza.

Uyu mutwe wasobanuye ko abandi bantu batandatu bafunguwe badafite aho bahuriye n’uyu mutwe barimo Umugande ndetse n’abandi bantu batanu bafungiwe muri Katanga, Ituri, na Kinshasa ko kandi batari ku rutonde uwo mutwe watanze ugaragaza abantu  bawo wifuza ko bafungurwa.

Ihuriro AFC/M23 kandi ryashinjije ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwanga kwakira abasirikare n’abandi barwanyi babwo barekuwe na AFC/M23.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *