Nyuma yo gutsinda Burkina Faso amaseti 3-0, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore ya Volleyball, yageze muri 1/4 muri Shampiyona Nyafurika iri kubera muri Kenya.
Umukino wa 1/8 wahuje aya makipe yombi, wabaye ku manywa yo kuri iki Cyumweru, tariki ya 30 Kanama 2026.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda itagowe n’uyu mukino kuva utangiye kugeza urangiye, yahise ikatisha itike ya 1/4 muri iyi Shampiyona Nyafurika iri kubera muri Kenya.
Iseti ya mbere yayitsinze ku manota 25-19, iya kabiri iyitsinda ku manota 25-16 mu gihe iya Gatatu rwayitsinze ku manota 25-8.
U Rwand ruzahura n’ikipe izasezerera indi hagati ya Zambia na Ghana.
Mu 2023 ubwo hakinwaga iyi mikino, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore yasoje iri ku mwanya wa Kane.




UMUSEKE.RW
