I Kinshasa mu Murwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu bindi bice n’Intara by’iki Gihugu birimo Lubumbashi, Maniema, Tanganyika n’ahandi, abashinzwe umutekano barimo Ingabo n’Abapolisi barunzwe mu mihanda ari benshi mu rwego rwo ‘kuburizamo no guhangana n’abitabiriye imyigaragambyo’ yatuguwe n’abatuga rumwe n’ubutegetsi basaba ko Perezida Félix Tshisekedi atahindura Itegeko Nshinga kugira ngo azabashe kwiyamamariza manda ya gatatu mu 2028.
Ni imyigaragambyo yari imaze igihe yarategujwe n’Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bahuriye mu ihuriro C64.
Iri huriro rigizwe n’abanyapolitiki bakomeye barimo Martin Fayulu, Jean-Marc Kabund, Moïse Katumbi, Augustin Matata na Delly Sessanga bari bahamagariye abaturage bose kuzajya kwicara ku nyubako ikoreramo Inteko Ishinga Amategeko i Kinshasa cyanga ahatuye Abadepite hirya no hino mu Gihugu ariko mbere y’uko imyigaragambyo iba bemeranyijwe na Leta ko imyigaragambyo itaza kubera aho ahubwo yabera mu bindi bice bikikiije inyubako ikoreramo Inteko Ishinga Amategeko i Kinshasa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Nzeri 2026, i Kinshasa haramukiye abashinzwe umutekano benshi mu mihanda barimo Ingabo na Polisi.
Ubutegetsi buvuga ko ari abagomba kuza kurinda umutekano w’abigaragambya mu gihe abigaragambya bo bavuga ko abo ari abagamije kuza kubabuza kwisanzura.
Urubuga Actualite cd rwatangaje ko i Kinshasa mu masaha ya mu gitondo umwuka wari usanzwe, amashuri n’amasoko byafunguye ndetse n’abakozi bajya mu mirimo bisanzwe gusa imwe mu mihanda yatangiye kugaragaramo abigaragambya bacye.
Mu zindi Ntara zirimo Tanganyika, abasirikare bagaragaye binjira ku cyicaro cy’amashyaka arimo irya Ensemble pour la République rya Moïse Katumbi mu mujyi wa Kalemie.
Mu Mujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo naho abashinzwe umutekano bataye muri yombi bamwe mu barwanashyaka b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi buriho.
Imyigaragambyo nk’iyi ubwo yaherukaga gukorwa tariki ya 12 Kamena 2026, hari abapfuye abandi barakomereka gusa Leta ivuga ko imirambo n’abantu bagaragaye bavirirana ari ibyateguwe abantu bagasigwa amaraso y’inyamaswa.




MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW
