Abanyamupira bakomeje guhuzwa na ‘Esperance Football Tournament’

Mu gihe umwaka w’imikino 2025-26 warangiye muri ruhago y’u Rwanda, irushanwa ‘Esperance Football Tournament 2026’ ritegurwa n’umusifuzi mpuzamahanga, Ishimwe Jean Claude ‘Cucuri’, rikomeje guhuza abakunzi ba ruhago y’u Rwanda.

Iri rushanwa ryatangiye ku wa 13 Kamena 2026, rizakinwa n’amakipe 16 agabanyije mu matsinda ane aho muri buri tsinda hazazamukamo amakipe abiri ya mbere azahita yerekeza muri 1/4.

Uretse kuba rimaze kuba ngarukamwaka kuko riri gukinwa yaryo ya kabiri, ni irushanwa ritanga akazi ku bakinnyi n’abandi bafite aho bahuriye naryo ariko kandi rigatuma abanyamupira babona aho bahugira.

Amakuru yizewe UMUSEKE wamenye, ni uko umunyezamu wa Black Mamba FC iherutse gutsinda Brésil ibitego 3-0, yabengutswe n’ubuyobozi bwa Gorilla FC ndetse hari amafaranga bwamuhaye ngo abasinyire imbanziriza masezerano.

Imikino imaze gukinwa:

Stella FC 2-0 Why FC

Golden Generation FC 2-0 Sport FC

Native FC 1-3 Dream Line

Brésil 0-3 Black Mamba FC

Abakunzi ba ruhago bakomeje kuryoherwa n’iri rushanwa
Ni irushanwa rifite umwimerere wo gukinirwa kuri Tapis Rouge
Abasifuzi basanzwe muri Shampiyona y’Icyiciro cya kabiri, ni bo bayobora iyi mikino
Ni irushanwa rigaragaza impano z’abato
Amazina y’abasanzwe bakina nk’ababigize umwuga, ntibajya batangwa muri iri rushanwa
Stella FC ni imwe mu zihabwa amahirwe yo kuzegukana Igikombe
Why FC yahoze ari We Never Know FC, yatangiye nabi
Abakinnyi bo muri BK Pro League, ni bo biganje mu bakina iri rushanwa

UMUSEKE.RW

Share This Article