Abimukira ba mbere Trump yirukanye muri America bageze i Kinshasa

America yagiye mu bihe bitandukanye yirukana abo ivuga ko baba kubutaka bwayo mu buryo butemewe n'amategeko (Internet Photo)

Abimukira ba mbere bavuye muri Leta zunze ubumwe za America bageze muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatanu.

Iri tisinda ry’aba bantu bageze muri Congo bijyendanye n’amasezerano ibihugu byombi byasinye ajyanye no kwakira abimukira.

Indege itwaye abimukira bavuye muri America bakomoka mu bihugu bya Colombia, Peru na Ecuador yateye amatako i Kinshasa ahagana saa saba y’ijoro nk’uko Ibiro Ntaramakuru Reuters bibivuga.

Umwe mu bimukira akaba ari umugore ukomoka muri Colombia, yabwiye Reuters, ko bose hamwe bageraga ku bantu 16. Abagabo 9 n’abagore 7.

Andi makuru yatanzwe n’umwe mu bakora ku kibuga cy’indege yo yemeza ko abageze muri Congo Kinshasa ari abantu 15.

Minisiteri y’Ubutegetsi mu gihugu muri Congo Kinshasa ntabwo yasubije ubusabe bwa Reuters yashakaga ko igira icyo itangaza ku by’aba bimukira.

Ibiro Ntaramakuru Reuters bivuga ko abantu 30 bari bitezwe kugera muri Repubulika ya Demokrasi ya Congo.

Alma David, umwe mu banyamategeko bahagarariye abimukira yemeza ko kuba umubare w’abageze muri Congo ari muto byaba byatewe n’icyemezo cyafashwe ku munota wa nyuma kuri bamwe mu bimukira bigizwemo uruhare n’abacamanza bo ku rwego rw’ubutegetsi rusange bwa America.

Yatangaje ko afite amakuru ku bantu batatu, abacamanza bahagaritse ko boherezwa muri Congo.

Ntiharamenyekana umubare w’abimukira bazava muri America baje muri Congo hagendewe ku masezerano yasinywe hagati y’ibihugu byombi tariki 05 Mata, 2026.

Abimukira bageze muri Congo ngo mu ndege bafashwe neza nubwo urugendo rwabo rwabaye rureure.

Umwe mu bimukira bakomoka muri Colombia utashatse ko amazina ye atangazwa avuga ko urugendo rwamaze amasaha hagati ya 26 na 27.

Indege barimo yahagurutse ahitwa Alexandria, muri leta ya Louisiana, iza guhagarara i Dakar, muri Senegal, nyuma ihagarara Accra, muri Ghana, ikomereza i Kinshasa.

Nibwo bwa mbere abantu baciwe muri America bakoherezwa muri Congo Kinshasa, igihugu gikunda kuvugwamo umutekano muke n’umubare munini w’impunzi.

Aba boherejwe muri Congo, babwiwe ko bafite visa y’iminsi 7 ibemerera kujya aho bashaka muri icyo gihugu, kandi ishobora kongerwa kugera ku mezi atatu.

Aba bantu kandi ngo bamenyeshejwe ko bemerewe kwandika basaba ubuhungiro muri Congo, ariko ngo hari ababagiriye inama yo kutabitinyuka kuko Congo atari ahantu hatekanye, umwe mu bimukira yabibwiye Reuters.

UMUSEKE.RW

Share This Article