Ubuyobozi bw’ikipe y’Ingabo, bwatangaje ko iyi kipe yamaze gusinyisha Rubuguza Jean Pierre wari umaze umwaka ari intizanyo ya Intare FC muri Gicumbi FC.
Uyu mukinnyi ukina hagati ajyana imipira kuri ba rutahizamu, yerekanywe ku wa kabiri, tariki ya 23 Kamena 2026.
Ikipe y’Ingabo ntabwo yigeze ivuga ingano y’amasezerano Rubugu yayisinyiye ariko bivugwa ko ari imyaka itatu.
Babicishije ku rukuta rw’iyi kipe rwa X, bahaye ikaze uyu musore bavuga ko yagize umwaka mwiza w’imikino 2025-26.
Rubuguza ni umukinnyi wazamukiye mu Intare FC isanzwe ifitanye imikoranire ya hafi na APR FC. Ni ikipe izwiho kugaragaza impano z’abakiri bato.
Uyu mukinnyi yaje mu ikipe y’Ingabo, abisikana na Ruboneka Bosco wamaze guhabwa ibaruwa yo gutandukana [Release letter] nyuma y’uko hari ibyo impande zombi zitabashije kumvikanaho.



UMUSEKE.RW
