Browsing author

TUYISHIMIRE RAYMOND

Uturere twa Karongi na Rusizi twabonye abayobozi bashya

Uturere twa Karongi na Rusizi twabonye abayobozi bashya

Akarere ka Rusizi n’aka Karongi twombi two mu Ntara y’Iburengerazuba, twamaze kubona abayobozi bashya. Utu turere twari tumaze amezi atanu tuyobowe na Komite Nyobozi z’agateganyo, kuri uyu wa gatanu tariki ya 28 Werurwe 2025, twatoye abagomba kutuyobora, Uyu munsi hatowe abagomba   kuzuza Inama Njyanama z’Uturere twa Burera, Karongi, Rusizi, Nyamasheke, Kamonyi, Muhanga na Bugesera. Muzungu […]

RIB igomba gufatanya n’inzego ngo ubutabera butangwe vuba kandi neza- Perezida KAGAME

RIB igomba gufatanya n’inzego ngo ubutabera butangwe vuba kandi neza- Perezida KAGAME

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha gukomeza gukorana n’izindi nzego kugira ngo zitange ubutabera vuba kandi mu mucyo. Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Werurwe 2025, ubwo yakiraga indahiro y’Umunyamabanga mushya w’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha,Col Pacifique Kayigamba Kabanda. Umukuru w’igihugu yabanje  gushima intambwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha,RIB,rugezeho mu kugenza ibyaha. […]

Intumwa za AFC/M23 zagiye muri Qatar

Intumwa za AFC/M23 zagiye muri Qatar

Abahagarariye ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagiye i Doha muri Qatar,kuganira na  Emir wa Qatar Sheik Tamim Bin Hamad Al Than. Ikinyamakuru Jeune Afrique, kivuga ko kuwa 27 Werurwe 2025,abagize iri huriro barimo umuyobozi wungirije , Bertrand Bisimwa, n’umuyobozi ushinzwe iperereza n’ibikorwa bya gisirikare , Colonel Nzenze Imani John ari […]

Perezida KAGAME yavuganye kuri telefoni na mugenzi we wa Sénégal

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Werurwe 2025, yavuganye kuri telefone na mugenzi we wa Sénégal, Perezida, Bassirou Diomaye Faye. Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame kuri X yatangaje ko Baganiriye ku bijyanye no kwimakaza umutekano mu Karere hisunzwe Ibiganiro nk’uko biherutse kwemezwa n’Inama ya EAC na SADC. Ati “ Nagiranye […]

Gasabo: RIB yasabye abaturage kwitandukanya n’icyasenya Ubumwe bw’Abanyarwanda

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwasabye abatuye Umurenge wa Bumbogo, kwirinda ibikorwa bikurura amacakubiri, bakitandukanya n’ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’icyasenya Ubumwe bw’Abanyarwanda. Byagarutsweho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Werurwe 2025, ubwo abagize uru rwego bari mu  bukangurambaga bugamije gukumira ibyaha ndetse no kubisobanukirwa. Ubu bukangurambaga bufite  insanganyamatsiko igira iti”Uruhare rwa buri wese mu gukumira […]

Visi Perezida wa Sudani y’Epfo arafunze

Visi Perezida wa Sudani y’Epfo, Riek Machar arafunze nkuko byemejwe n’umuvugizi w’ishyaka rye. Pal Mai Deng, umuvugizi w’ishyaka SPLM-IO rya Riek Machar, yasubiwemo n’ibinyamakuru byo muri Sudani y’Epfo avuga ko Riek Machar yafungiwe iwe mu rugo i Juba kuva mu ijoro ryo ku wa gatatu. Gufungwa kwe kwaba gusobanuye kurushaho kumera nabi kw’amakimbirane amaze iminsi […]

Brig Gen (Rtd) Rusagara yapfuye

Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara  kuri uyu Gatatu tariki 26 Werurwe 2025, yapfuye azize uburwayi amaranye iminsi nkuko byatangajwe n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda. Gen Rusagara yaguye muri gereza yararimo kurangiriza igihano cy’igifungo cy’imyaka 15 yari yarakatiwe n’urukiko nyuma yo guhamwa ibyaha birimo; gukwiza ibihuha no kugumura rubanda. Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, […]

RIB yabonye Umuyobozi Mushya

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Werurwe 2025, iyobowe na Perezida wa Repubulika, yagize Col Pacifique Kayigamba Kabanda ,Umunyamabanga Mukuru w’urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB. Col Pacifique Kayigamba Kabanda asimbuye Col (Rtd)Ruhunga Kibezi Jeannot yari umaze kuri uwo mwanya imyaka irindwi. Muri Gicurasi Umwaka ushizwe nibwo Perezida wa Repubulika , yagize Col Pacifique Kabanda […]

Nduhungirehe yanenze icyemezo cy’umujyi wo mu Bubiligi utazategura igikorwa cyo Kwibuka

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe, yanenze Umujyi wa  Liège wo mu Bubiligi, watangaje ko utazategura igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ikinyamakuru RTBF info, cyatangaje ko kuri uyu wa Gatatu ari bwo ubuyobozi bw’Umujyi wa Liège bwatangaje ko  “bitewe n’uko umubano w’u Rwanda n’u Bubiligi wifashe ku […]

Gicumbi: Amavunja no Kutagira ubwiherero byabaye amateka

Mu Karere ka Gicumbi ,mu Murenge wa Miyove, bishimira yuko kuri ubu nta muturage utakigira ubwiherero ndetse ntawukirwara amavunja, isuku nke yabaye amateka. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 25 Werurwe 2025 ubwo Umuyobozi mukuru Ushinzwe imiyoborere no kwegereza ubuyobozi abaturage muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ( Minaloc) Ruterana Boniface,yakoreraga uruzinduko muri uyu murenge wa Miyove ari […]