Browsing author

TUYISHIMIRE RAYMOND

DRC: Inyandiko  zirega Joseph Kabila kugambanira igihugu zashyikirijwe Sena

DRC: Inyandiko zirega Joseph Kabila kugambanira igihugu zashyikirijwe Sena

Ubutabera bwa Gisirikare muri Congo, burashaka gutangira gukurikirana Joseph Kabila wahoze ari Perezida, bumukurikiranyeho ibyaha birimo kugambanira igihugu, kugira uruhare mu mutwe w’inyeshyamba, ibyaha by’intambara n’ibyibasira inyokomuntu. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 30 Mata 2025, na Minisitiri w’Ubutabera wa Congo, Constant Mutamba. Constant Mutamba yagize ati “ Nje kubabwira ko Umugenzuzi Mukuru […]

Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi Mukuru wa  Trinity Metals

Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi Mukuru wa  Trinity Metals

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete ikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya Trinity Metals, Shawn McCormick n’itsinda bari kumwe. Ibiro by’Umukuru w’igihugu bivuga ko “ Baganiriye ku ishoramari n’amahirwe y’ubufatanye ari mu gihugu by’umwihariko mu rwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda.” Trinity Metals ni ikigo cyatangiye gukorera mu Rwanda mu 2022, aho icukura amabuye […]

Hafashwe icyemezo ku ngabo za Congo zatsinzwe na M23  i Goma

Hafashwe icyemezo ku ngabo za Congo zatsinzwe na M23 i Goma

Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (ONU/UN) ziri mu butumwa buzwi nka MONUSCO mu burasirazuba bwa DR Congo zatangaje ko zatangiye kohereza i Kinshasa abasirikare “amagana menshi” ba leta bari barahungiye mu bigo byayo i Goma nyuma y’uko uyu mujyi ufashwe n’umutwe wa M23. MONUSCO yatangaje ko ibifashijwemo n’imodoka za Comité International de la Croix-Rouge (CICR), abo basirikare, […]

Ibiganiro hagati ya Congo n’u Rwanda byakomereje i Doha  

Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ushinzwe Afurika, Massad Boulos, yahuriye i Doha muri Qatar n’abayobozi bahagarariye u Rwanda, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Togo n’u Bufaransa. Itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, ryo kuwa 30 Mata 2025,rivuga ko izi ntumwa zahuye nyuma yuko Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda […]

Tshisekedi yemeye kurangiza intambara muri Congo

Perezida Felix  Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu biganiro yagiranye na mugenzi we wa Guinea-Bissau, Oumaro Sissoco, kuwa kabiri tariki ya 29 Mata 2025, yemeye ko muri iki gihugu cyarangwa n’amahoro bityo intambara mu Burasirazuba ikarangira. Ni nyuma y’urugendo rw’iminsi itatu, Oumaro Sissoco, yari akubutsemo mu Rwanda, aho nabwo yaganiriye n’umukuru w’Igihugu. Oumaro […]

Rutsiro: Umwana arakekwaho kwica nyina

Umusore w’imyaka 33 wo mu Karere ka Rutsiro   arakekwaho gukubita nyina, bimuviramo urupfu arangije aratoroka. Uru rupfu rwamenyekanye, kuri uyu wa kabiri, tariki 29 Mata 2025 mu masaha ashyira saa mbili z’ijoro, bikavugwa ko byaturutse ku businzi. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushonyi, Ntihinyuka Janvier, yatangaje ko hari  gukorwa iperereza kuri urwo rupfu. Ati “Twahawe amakuru […]

Umuhanzi Jose Chameleon  yaretse inzoga n’itabi

Umuhanzi ukunzwe muri Uganda, Jose Chameleon, yatangaje ko yaretse inzoga n’itabi kubera uburwayi amaranye iminsi ndetse yiyemeje gukomeza umuziki. Abitangaje nyuma yaho avuye mu  Btaro byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yari amaze igihe arwaye indwara yo mu nda  yatewe no kunywa inzoga nyinshi n’itabi. Kuwa 12 Mata 2025 nibwo Chameleone n’umuvandimwe we […]

Turahirwa Moses nyiri Moshions arafunze

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwataye muri yombi Turahirwa Moses, umuyobozi w’imideli ya Moshions . Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry yemeje ko  afunze akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge. Dr. Murangira yagize ati“Ni byo koko Turahirwa Moses yarafashwe akaba akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge nkuko bigaragazwa n’ibisubizo by’ibipimo byafashwe bikanapimwa n’abahanga bo muri RFI [Rwanda Forensic Institute].” Dr. […]

UPDATE: Perezida KAGAME yakiriye mugenzi we wa Togo

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yakiriye mugenzi we wa Togo,akaba n’umuhuza w’u Rwanda na  Congo,Faure Essozimna Gnassingbé. Ibiro by’Umukuru w’igihugu Village Urugwiro, byatangaje  ko “Ku gicamunsi cyo kuwa Mbere tariki ya 21 Mata 2025, ari bwo Perezida Kagame yakiriye mugenzi we wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé.” Village Urugwiro yatangaje ko abayobozi bombi baganiriye ku nzira […]