Browsing category

Ubukungu

Kamonyi: Abagabo batatu bagwiriwe n’Ikirombe babavanyemo bapfuye

Abagabo batatu bagwiriwe n’Ikirombe cyo mu Murenge wa Rukoma bavanywemo bashyizemo  Umwuka. Bucyanayandi Evariste w’Imyaka 27 y’amavuko bamukuye mu kirombe yanegekaye ajyanwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali(CHUK) agezeyo ahita yitabimana. Uyu yasizemo bagenzi be babiri aribo Niyitegeka Etienne w’Imyaka 43 y’amavuko n’uwitwa Twizeyimana Emmanuel w’Imyaka 24 y’amavuko abo bombi babavanyemo bapfuye. Umunyamabanga Nshingwabikorwa […]

Amajyepfo: Ibirombe 43 byigabijwe n’abahebyi bigiye guhabwa impushya

Ibirombe 43 by’Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro abahebyi bigabije bigiye guhabwa impushya z’abujuje ibisabwa. Byatangajwe mu nama yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Mata 2024, ibera mu Karere ka Kamonyi,  ihuza  ubuyobozi  bw’Intara y’Amajyepfo n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli. Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice yabwiye UMUSEKE ko bagiye  gukora Ubuvugizi kugira ngo abujuje […]

Rwanda: Imirenge  24 niyo idafite ishuri ry’imyuga

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, yatangaje ko ubu mu Rwanda imirenge  24 mu gihugu ariyo idafite ishuri ry’imyuga muri 416 igize igihugu. Yabitangaje kuri uyu wa 18 Mata 2024 ubwo yageza ku Nteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi, ibyagezweho na Guverinoma mu kunoza ireme ry’uburezi mu byiciro byose mu myaka irindwi hagati ya 2017-2024. […]

U Rwanda mu bihugu bifite ubukungu bukomeje kwihagararaho

Raporo ya Banki y’Isi iheruka gusohoka yagaragaje ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu byagize uruhare mu kuzamura ubukungu buri mwaka ku gipimo cya 7.2%, mu gihe Umusaruro mbumbe w’umuntu ku giti cye (GDP per Capita) wiyongereyeho 5%, bitandukanye n’ibindi bihugu byo mu Karere. Iyi raporo yerekanye ko kimwe cya kabiri cy’ibihugu 75 byugarijwe n’ubukene […]

Deal: U Rwanda ruzabona miliyoni 50£ itegeko ryo kohereza abimukira nirisinywa

Guverinoma y’Ubwongereza itangaza ko iteganya guha u Rwanda miliyoni 50 z’ama-Pound (£) agamije gufasha abimukira mu gihe itegeko ryo kubohereza rizaba ryamaze kwemezwa burundu. Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 16 Mata 2024, nibwo abagize Inteko ishingamategeko batoye umushinga w’itegeko  rireba amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda. Umubare w’abajya mu Bwongereza bakoresheje utwato […]

Abubakishije amakaro agenewe  ubwogero ntibazasenyerwa

Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe imiturire mu Rwanda (Rwanda Housing authority – RHA) ,bwatangaje ko abubakishije amakaro yo mu bwogero bataka  inzu z’ubucuruzi, batazasenyerwa ahubwo busaba  ko abari bafite umugambi wo kuyakoresha kubireka . Mu minsi yashize, iki kigo cyandikiye inzego zitandukanye kizimenyesha ko atari byiza gukoresha amakaro yo mu bwogero mu gutaka ubwiza bw’inzu z’ubucuruzi mu […]

U Rwanda na Koreya y’Epfo bapfunditse guteza imbere ibikorwaremezo

Repubulika y’u Rwanda na Koreya y’Epfo bagiranye ibiganiro bigamije kurushaho gushimangira umubano ibihugu byombi bifitanye no kwagura imikoranire mu nzego zitandukanye harimo guteza imbere ibikorwaremezo. Ku wa Gatanu tariki 12 Mata 2024, nibwo Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente yakiriye Minisitiri w’Ubutaka, Ibikorwaremezo n’Ubwikorezi wa Koreya y’Epfo Sangwoo Park Lee. Minisitiri Park Lee n’itsinda […]

U Rwanda rugiye kwakira Inama y’Abacungamari bo mu Karere

U Rwanda rugiye kwakira inama ihuza abacungamari  b’umwuga bo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Easter African congress of Accountatants( EACOA). Ni inama igiye kuba ku nshuro ya kane ariko u  Rwanda rukaba rugiye kuyakira  ku nshuro ya mbere , ikaba itegurwa n ‘urugaga rw’Abacungamari  mu Rwanda,  ICPAR. Inama ya mbere nk’iyi yabereye i Arusha muri […]

Ikoranabuhanga rya “GMO” rigiye gutezwa imbere mu buhinzi bw’u Rwanda

Ikoranabuhanga rikoreshwa mu guhindura utunyangingo tw’ibihingwa rizwi nka GMO( Genetically Modified Organisms) rigiye kuba igisubizo mu kuzamura ubukungu bushingiye ku buhinzi, hagamijwe kwihaza mu biribwa no kurwanya zimwe mu ndwara zibasira ibihingwa. Abashakashatsi muri iri koranabuhanga basobanura ko guhindurira ibihingwa utunyangingo bikorwa iyo hafatwa akaremangingo (Gènes) kavuye mu gihingwa runaka kagashyirwa mu kindi, bagamije kucyongerera […]

Gisagara: Abasaga 200 bahujwe n’abatanga akazi mu kugabanya ubushomeri

Urubyiruko rusaga 200 rwo mu Karere ka Gisagara rwahujwe n’abatanga akazi muri aka Karere barimo inganda, amabanki n’abafite ibikorwa bimaze kubateza imbere ku buryo rwabigiraho guhanga udushya no gutinyuka rugakura amaboko mu mufuka. Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 28 Werurwe 2024, binyuze mu mushinga wa “Economic Inclusion of Refugees and Host Communities […]