Icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje gukaza umurego muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho abamaze guhitanwa na cyo bageze ku 2,011, mu gihe abanduye bose ari 4,381.
Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima muri RDC igaragaza ko kugeza ku wa 9 Kanama 2026, iki cyorezo cyari kimaze kugera mu bice 53 by’ubuzima byo mu ntara eshanu, ari zo Ituri, Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo, Haut-Uélé na Tshopo.
Intara ya Ituri ni yo yibasiwe cyane n’iki cyorezo, kuko ari yo ibarizwamo 86.9% by’abanduye bose.
Muri rusange, mu bantu 4,381 bamaze kwandura Ebola, 2,011 barapfuye, mu gihe abandi 704 bakiri mu kato cyangwa barimo kuvurirwa mu bitaro.
Ibi bivuze ko abarenga hafi 50% by’abanduye bose bamaze guhitanwa n’iki cyorezo.
Inzego z’ubuzima zivuga ko kugeza ubu zishoboye gukurikirana 84.6% by’abantu bakekwaho kuba barahuye n’abanduye, mu rwego rwo kumenya abo bashobora kuba baranduje no gukumira ikomeza gukwirakwira kwa Ebola.
Abashinzwe guhangana n’iki cyorezo bavuga ko umutekano muke mu bice bimwe, ubuke bw’abaganga n’ibikoresho ndetse n’imyumvire ya bamwe mu baturage bikomeje kubangamira ibikorwa byo kukirwanya.
Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo yagaragaye muri RDC muri Gicurasi 2026, gusa inzego z’ubuzima zikeka ko yari imaze igihe iri mu baturage, kuko zemeza ko ishobora kuba yarahageze kuva muri Gashyantare 2026.
Hari impungenge ko iki cyorezo Ebola ku nshuro ya 17 kibaye muri RDC, gishobora kuba mu bikomeye igihugu cyigeze guhura na byo.
Imibare igaragaza ko icyorezo cya Ebola cyabaye mu Burengerazuba bwa Afurika hagati ya 2014 na 2016 ari cyo cyonyine cyageze ku mibare y’abapfuye iri hejur kurusha ubu.
Muri icyo gihe icyorezo cyibasiye Guinea, Liberia na Sierra Leone, abantu 28,616 baranduye, naho 11,310 barapfa, ndetse bitwara hafi amezi atanu kuva cyatangazwa kugira ngo umubare w’abahitanywe na cyo ugere ku 1,000.
Muri RDC ho abamaze guhitanwa n’icyorezo cy’ubu bageze ku 2,000 mu gihe kitarenze amezi atatu, bikaba bigaragaza umuvuduko ukabije iri cyorezo kiri gukwirakwizwaho.
Mu cyorezo cya Ebola cyabereye muri RDC hagati ya 2018 na 2020, byatwaye amezi arenga 12 kugira ngo umubare w’abahitanywe na cyo ugere ku 2,000.
MUGIRANEZA THIERRY/UMUSEKE.RW
