Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yahinduriwe indege mu ibanga rikomeye, ubwo yahishwega mu modoka isanzwe itwara ibiryo ibizanye mu ndege, igihe yavaga mu nama ya NATO yabereye muri Türkiye.
Ni nyuma y’uko inzego z’umutekano za Amerika ziketse ko Iran yashoboraga kugaba igitero ku ndege yari itwaye Perezida.
Ku wa 7 na 8 Nyakanga 2026, i Ankara muri Türkiye habereye inama y’Umuryango wa NATO (OTAN), yabaye mu gihe amakimbirane hagati ya Amerika na Iran yari amaze gufata indi ntera, ndetse ibihugu byombi byari biri mu ntambara mu Burarirazuba bwo Hagati.
Ikinyamakuru The Washington Post cyatangaje ko inzego z’Amerika zari zifite amakuru y’uko Iran ishobora kugaba igitero kigamije kwica Trump ubwo yari kuba ava muri Türkiye.
Ubwo Trump yavaga i Ankara, yabanje gufatwa amashusho n’abanyamakuru ubwo yuriraga Air Force One, indege isanzwe ikoreshwa mu ngendo za Perezida wa Amerika. Nyuma yaho ariko, yahise yimurirwa mu yindi ndege ya gisirikare mu buryo bw’ibanga.
The Washington Post ivuga ko Trump yavanywe muri Air Force One ajyanwa mu ndege ya gisirikare yo mu bwoko bwa C-32A, hifashishijwe imodoka isanzwe itwara amafunguro n’ibikoresho bijyanwa mu ndege.
Iyo modoka yegerejwe indege ku ruhande rutandukanye n’aho Trump yari yuririye Air Force One, bituma abari ku kibuga batamenya ko Perezida yari yimuriwe mu yindi ndege.
Abanyamakuru ndetse na bamwe mu bakozi ba White House bari muri Air Force One, babwiwe gufunga amadirishya y’indege. Benshi muri bo bakomeje gutekereza ko bari kumwe na Trump mu rugendo rwerekeza i Washington, D.C.
Indege ya C-32A yavanye Trump muri Türkiye yahise ijya ku birindiro by’Ingabo zirwanira mu Kirere za Amerika bya Mildenhall mu Bwongereza, aho Trump yongeye kugaragara amanuka muri Air Force One.
Kugeza ubu, ntiharamenyekana neza uburyo Trump yavuye muri C-32A akagaruka muri Air Force One yari yasize muri Türkiye.
White House ntiyigeze itangaza ku mugaragaro ibisobanuro birambuye ku byabaye, ndetse nta nubwo yemeje ko Trump yahinduriwe indege kubera amakuru y’uko Iran ishobora kuba yarateganyaga kumugabaho igitero.
Trump akunze kuvuga ko ari we muntu wa mbere Iran ishaka kwica, ndetse ko ahangayikishijwe n’umutekano we kubera iterabwoba ashobora guhura na ryo.
MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW
