Uganda: Perezida w’Inteko arakekwaho ruswa

Anitha Among.

Abashinzwe umutekano bakora  mu nzego za Uganda bataye muri yombi abantu babiri bakekwaho gufatanya na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Anitha Among  kunyereza amafaranga menshi y’umutungo wa Leta.

Abafashwe barimo uwahoze ari mu barindira umutekano Anitha Among, we na mugenzi we bafashwe n’abakozi b’ikigo kirwanya iterabwoba (Department of Counter Terrorism) n’abo mu kigo gishinzwe ubutasi (Defense Intelligence and Security).

Amakuru agera kuri Daily Monitor avuga ko abo bantu bari guhatwa ibibazo ku ruhare baba baragize bafatanyije na Among mu kurigisa umutungo wa Leta.

Bajyanywe ku cyicaro cya Defense Intelligence and Security  kiri ahitwa Mbuya ngo bahatwe ibibazo.

Kuru uyu wa Gatandatu kandi abo bakozi mu iperereza ry’igihugu basakije urugo rwa Anitha Among ruri ahitwa Nakasero, bakusanya ibintu byinshi byo kujya guheraho bashaka ibimenyetso bikenewe mu iperereza.

Mu byo bakusanyije birimo inyandiko n’ibindi bikoresho bakeka ko byabafasha kumenya uko uwo mutungo wanyerejwe.

Ibyaha Anitha Among akekwaho harimo no gukoresha nabi ububasha ahabwa n’amategeko, ibyo byaha akekwaho bikaba bihanwa n’itegeko muri Uganda bita Uganda Leadership Code Act.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *