Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yahungishijwe igitaraganya mu birori byo gusangira n’abanyamakuru batara amakuru mu Biro bye White House.
Byabaye nyuma yaho aho hantu humvikanye amasasu, kuri ubu ukekwa ari guhatwa ibibazo ndetse kuri uyu wa Mbere aragezwa mu rukiko.
Ni ibirori byabaye ku wa 25 Mata 2026, byabereye muri Hilton Hotel, iri i Washngton muri Amerika.
Ibinyamakuru birimo CNN, bivuga ko uwahise atabwa muri yombi ari umugabo witwa Cole Tomas Allen w’imyaka 31, waciye mu rihumye abashinzwe umutekano, yinjirana imbunda.
Bivugwa ko yari wenyine nta muntu bakoranaga.
Umuyobozi wa Polisi mu mujyi wa Washngton DC, Jeffrey W Carrol yavuze ko uwo ukekwa yari umushyitsi muri iyo hotel yaberagamo ibyo birori.
Yavuze ko icyumba yararagamo cyahise gifatwa ngo hatangire iperereza.
Muri video yahise ashyira hanze, Perezida Trump yavuze ko “umwe mu bagize itsinda ry’abashinzwe umutekano (US Secret services) yakomerekejwe ariko agatabarwa n’umwambaro urinda amasasu yari yambaye, ariko ubu ameze neza aho arwariye mu bitaro.
Gusa amakuru mashya avuga ko hari abantu bagera kuri batanu baba bakomerekeye muri kuriya kurasana.
Abayobozi bamwe muri America bavuga ko iki gitero cyari kigendereye Donald trump.
Biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Mata 2026, uriya ukekwa agezwa mu rukiko agatangira kuburanishwa ku byaha akekwaho, hanarebwa niba ntaho byaba bihuriye n’ikibazo cya Iran na America.
Si ubwa mbere Perezida Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika hari ugerageje kumurasaho ariko Imana igakinga akaboko.

UMUSEKE.RW
