Minisitiri w’Ingabo yishwe n’inyeshyamba

Lt.Gen Sadio CAMARA wari Minisitiri w'Ingabo n'Inkeragutabara

Mali – Itangazo ryasomwe kuri televiziyo ya leta, igisirikare cya Mali cyemeje urupfu rwa Minisitiri w’Ingabo, Lt.Gen Sadio CAMARA wishwe n’inyeshyamba mu gitero simusiga cyagabwe ku wa Gatandatu.

Igisirikare cya Mali kivuga ko kibabajwe n’urupfu rubi rwa Lt.Gen Sadio CAMARA wari Minisitiri w’Ingabo n’Inkeragutabara.

Ku wa Gatandatu tariki 25 Mata, 2026, igisirikare cya Mali kivuga ko mu gitondo imodoka irimo ibisasu itwawe n’umwiyahuzi yagabye igitero ku rugo rwa Minisitiri ahangana na bo, ariko aza gukomereka ajyanwa kwa muganga nibwo ngo yaje gupfa.

Abandi bapfuye ni abantu bari mu rugo rwa Minisitiri n’abari mu musigi na wo wagabweho igitero.

Itangazo ry’igisirikare rivuga ko Gen Assimi Goita uyoboye Leta y’inzibacyuho nyuma yo guhirika ubutegetsi, Guverinoma ayoboye n’abaturage ba Mali bifatanyije mu gahinda n’umuryango wa Minisitiri.

Leta ya Mali kandi yanihanganishije abantu babuze ababo mu gitero cy’inyeshyamba cyo ku wa Gatandatu baba abasivile n’abasirikare cyahitanye.

Kugeza ubu ntiharatangazwa imibare y’abapfuye ariko ku mbuga nkoranyambaga byagaragaye ko kiriya gitero cyaguyemo abantu benshi ku mpande zombi.

Lieutenant General Sadio CAMARA yavutse muri Kanama 1979, mu mujyi wa KATI ni naho yiciwe tariki 26 Mata, 2026 mu gitero gikomeye cy’inyeshyamba.

Imirwano ikaze iri kubera mu murwa mukuru wa Mali

Lt.Gen Sadio CAMARA wari Minisitiri w’Ingabo n’Inkeragutabara

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *