Imirwano ikaze iri kubera mu murwa mukuru wa Mali

Igisirikare cya Mali cyatangaje ko kuri uyu wa 25 Mata 2026, imitwe yitwaje intwaro yiyitirira idini ya Isilamu yagabye ibitero bikomeye mu bice byinshi by’umurwa mukuru Bamako, birimo imbunda nto n’iziremereye.

Itangazo ryasohowe n’ingabo za Mali (Forces Armées Maliennes, FAMA) rivuga ko imirwano yatangiye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu.

Rivuga ko ibisasu bibiri biremereye n’urusaku rw’amasasu byabanje kumvikana hafi y’ikigo gikuru cy’igisirikare cya Mali giherereye ahitwa i Kati.

Abatuye i Kati, hafi ya Bamako, batangaje ko inzu ya Minisitiri w’Ingabo, Jenerali Sadio Camara, na yo yasenywe n’ibyo bitero.

Ni mu gihe abagabye ibyo bitero bya mbere, binini cyane bihuriweho n’abiyitirira idini ya Isilamu, ngo bakomeje guhangana na Leta mu murwa mukuru Bamako.

Igisirikare cya Leta cyemeje ko kiri kurwana n’imitwe y’iterabwoba, ariko batarasobanukirwa neza iyo ari yo.

Gusa hari amakuru avuga ko habayeho gufatanya hagati y’umutwe wiyitirira Isilamu wa JNIM n’inyeshyamba zo mu mutwe wa FLA w’Aba-Touareg.

Abategetsi basabye abaturage gukomeza kuba maso, ndetse Ambasade ya Amerika muri Mali iburira abaturage bayo kuguma aho bari.

Amerika yabasabye kudakorera ingendo hafi y’ikigo cya gisirikare cya Kati n’ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Modibo Keïta kiri i Bamako.

Mohamed Elmaouloud Ramadane, umuvugizi w’umutwe wa FLA (Front de Libération de l’Azawad), umaze imyaka ushaka gushinga Leta ya Azawad, yavuze ko bafashe ibirindiro byinshi mu mujyi wa Kidal n’uwa Gao.

Ku mbuga nkoranyambaga, yanasabye ibihugu bya Burkina Faso na Niger, bihuriye na Mali mu muryango wa AES, kudahirahira ngo bitabare.

Amakuru aturuka i Bamako avuga ko ingabo za Leta n’iyo mitwe y’inyeshyamba yihurije hamwe bakomeje kurasana, mu gihe imihanda yerekeza mu bice by’ingenzi yafunzwe.

Mali imaze imyaka ihanganye n’ibitero by’inyeshyamba zigendera ku mahame akaze yiyitirira idini ya Isilamu.

Leta ya gisirikare ya Mali iyobowe na Assimi Goïta yageze ku butegetsi mu 2021, isezeranya kongera umutekano no gutsinsura imitwe yitwaje intwaro.

Kuva icyo gihe, yahinduye umuvuno, yitandukanya n’abafatanyabikorwa bo mu Burengerazuba bw’isi, ishimangira umubano n’abacanshuro b’Abarusiya.

 

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *