Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ko rwafatiye ibihano GVA Rwanda Ltd (Canalbox) nyuma y’iminsi ishize havuzwe ibibazo bya Internet .
Iki kigo gikwirakwiza kikanacuruza internet ishingiye ku muyoboro wa ‘fibre optique’ mu Rwanda, CanalBox-Rwanda, cyari cyatangaje ko cyagize ikibazo kiri gutuma umuvuduko wa internet ugabanyuka.
Yari yagize iti “Bakiliya ba CanalBox, kuri ubu turimo guhura n’ikibazo cyabaye ku murongo umwe w’itumanaho dufatiraho (link), bishobora gutuma umuvuduko wa internet ugabanuka by’igihe gito. Abatekinisiye bacu bari gukora ibishoboka byose kugira ngo iki kibazo gikemuke vuba kandi serivisi isubire ku rwego rwiza.
Bimwe mu bibazo byabaye kuri internet ya Canalbox birimo kugenda gake, kuvaho n’ibindi byagiye bikoma mu nkokora abafatabuguzi bayo. Ni ibintu bitakiriwe neza n’abantu batandukanye kubera uko kugenda gacye kwa internet.
Itangazo rya RURA yashyize kuri x, kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Mata 2026, rivuga ko icyemezo cyo gufatira ibihano Canal Box, gishingiye ku ngingo ya 269 y’Itegeko No. 24/2016 rigenga Ikoranabuhanga ry’Itumanaho mu Rwanda, kubera kudakurikiza amabwiriza byakomeje.
RURA yavuze ko Canal Box isabwa gutanga indishyi ku bakiriya bose bagizweho n’ingaruka n’ibibazo bya internet.
RURA yagize iti “ Iyi sosiyete isabwa guha indishyi abakiliya bose bagizweho ingaruka hagati ya tariki ya 13–20 Mata 2026, kwishyura amande ya buri munsi kugeza igihe yubahirije amabwiriza yose, no gutanga raporo z’aho igeze mu ishyirwa mu bikorwa mu gihe cyagenwe”.
Canal Box yijeje RURA ko izubahiriza ibisabwa, kandi RURA izakomeza gukurikiranira hafi kugira ngo harebwe ko serivisi zisubira ku murongo neza.
RURA ivuga ko amabwiriza natubahirizwa hazafatwa izindi ngamba ziteganywa n’amategeko.
UMUSEKE.RW
