Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwasubitse isomwa ry’urubanza ruregwamo Mukamutali Valérie, wari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga, n’abo bareganwa.
Mu iburanisha riheruka, uru Rukiko rwari rwaburanishije mu mizi Mukamutali, Munyampundu Védaste wari Umucungamari, na Ndacyayisenga Ildephonse, umukozi ushinzwe serivisi z’ubutaka muri uwo Murenge.
Gitifu Mukamutali n’abo bakozi bashinjwa kunyereza miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda no gutanga amasoko ya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ni ibyaha aba bose bahakana, bakavuga ko bidafite ishingiro, ndetse ko batahawe umwanya uhagije ngo berekane impapuro z’uko ayo mafaranga yakoreshejwe.
Ubushinjacyaha bukavuga ko raporo igaragaza inyerezwa ry’ayo mafaranga yashyizweho imikono n’abaregwa, ndetse bahabwa n’umwanya wo gusubira ku biro by’Umurenge ngo berekane izo mpapuro imbere y’inzego zirimo Ubuyobozi bw’Akarere, RIB, Polisi n’Ubushinjacyaha, ariko ntizaboneka.
Nyuma y’impaka ndende hagati y’Ubushinjacyaha, abavoka n’abashinjwa ibi byaha, Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwanzuye ko isomwa ry’urubanza ryimuriwe ku wa 30 Mata 2026 saa cyenda.
Amakuru UMUSEKE wamenye avuga ko umucamanza wari gusoma icyemezo cy’urubanza yayoboye indi nama, kuko atari kubangikanya imirimo ibiri ngo bikunde.
Isomwa ry’uru rubanza ryimuriwe ku wa 08 Gicurasi 2026 saa cyenda z’amanywa.
Gitifu Mukamutali Valérie n’abo bareganwa bafashwe muri Nzeri 2025.
MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW i Muhanga.
