FIFA yongereye ibihembo ku bazitabira Igikombe cy’Isi

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi [FIFA], ryatangaje ko ryongereye amafaranga azahabwa amakipe azitabira Igikombe cy’Isi cya 2026 aho aziyongeraho 15% ugereranyije na 50% yari yongeweho mu Ukuboza, ndetse kuri ubu iki Gikombe kizagendaho hafi miliyoni 900$ [asaga miliyari 1314,4 Frw].

Ni icyemezo cyemejwe n’Inama Nkuru ya FIFA yateranye ku wa Kabiri, tariki ya 28 Mata 2026, i Vancouver muri Canada mu gihe habura ukwezi n’iminsi 14 ngo Igikombe cy’Isi gitangire.

Iyi Nama yemejwe ko muri iki Gikombe cy’Isi kizabera muri Amerika ya Ruguru, miliyoni 871 z’Amadolari azakoreshwa mu guhemba amakipe 48 azakitabira. Ibi bivuze ko habayeho inyongera ya 15%.

Nk’uko byari byemejwe mu Ukuboza umwaka ushize, ikipe izegukana igikombe izahabwa miliyoni 50 z’Amadolari, mu gihe izaba iya kabiri izahabwa miliyoni 33 z’Amadolari.

Amakipe 16 atazabasha kurenga amatsinda azabona miliyoni 10 z’Amadolari, avuye kuri miliyoni 9 z’Amadolari, kandi buri gihugu cyabonye itike yo gukina iri rushanwa kizahabwa miliyoni 2,5$ avuye kuri miliyoni 1,5$ yo kwitegura.

Hemejwe kandi ko miliyoni 16$ azajya mu gufasha abaherekeza amakipe no kubishyurira amatike ku mikino.

Gianni Infantino yatangaje ko hongerewe ibihembo ku makipe azakina Igikombe cy’Isi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *