U Rwanda rwahawe kwakira CECAFA indi myaka ibiri

Inama y’Ubutegetsi Ishinzwe gutegura amarushanwa ahuza amakipe yitwaye neza mu Karere ka Afurika y’i Burasirazuba no Hagati (CECAFA), yemeje ko u Rwanda ruhabwa kuzongera kwakira CECAFA Kagame Cup mu yindi myaka ibiri iri imbere.

Nyuma y’itegurwa neza ry’iri rushanwa ryabereye i Kigali muri uyu mwaka, u Rwanda rwahembwe kongera kurisubizwa.

Biciye mu Nama yahuje Ubuyobozi bwa CECAFA, hemejwe ko amarushanwa ya CECAFA Kagame Cup 2027 na 2028, azabera i Kigali.

Iri rushanwa riherutse kwegukanwa na Rayon Sports nyuma yo gutsinda Gor Mahia ibitego 2-1, ryatangiye guterwa inkunga n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame mu 2002.

Perezida Kagame, atanga ibihumbi 60$ mu gihe irushanwa ry’uyu mwaka, ryatewe inkunga na Al-Hilal SC yatanze ibihumbi 100$.

Simba SC yo muri Tanzania, ni yo ibitse ibikombe byinshi (6) bya CECAFA Kagame Cup.

CECAFA yemeje ko u Rwanda ruzakira CECAFA Kagame Cup 2027 na 2028
Murera niyo ibitse igikombe cy’uyu mwaka

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *