Irushanwa ritegurwa na Cucuri ryagarutse

Nyuma yo gukinwa ku nshuro ya mbere, irushanwa ritegurwa n’umusifuzi mpuzamahanga, Ishimwe Jean Claude ‘Cucuri’, “Esperance Football Tournament”, rigiye gukinwa ku nshuro ya kabiri.

Iri rushanwa risanzwe rifasha abakinnyi kwigurisha no kongera imikino mu maguro, rigiye gukinwa ku nshuro ya kabiri.

Biteganyijwe ko rizakinwa ku wa 13 Kamena 2026. Kugeza ubu abaritegura ntabwo baratangaza umubare w’amakipe azaryitabira ariko amakuru UMUSEKE wamenye ni uko ari 16 ashobora kuba 20. Amenshi mu yarikinnye umwaka ushize, azagarukamo.

Amakuru avuga ko mu gihe irushanwa ry’uyu mwaka ryaba rikinywe n’amakipe 20, itsinda rimwe ry’ayiyandikishije nyuma ryazajya gukinira ku Mumena.

‘Esperance Football Tournament’, ni irushanwa ryagaragaje abakinnyi ndetse bamwe bariboneramo akazi nyuma yo kubengukwa n’amakipe atandukanye.

Umwe mu bafashijwe n’iri rushanwa bikamuviramo kujya mu kipe nkuru muri BK Pro League, ni Tony Kitoga ukinira Rayon Sports yamuguze imukuye muri Buja City yakinnye iri rushanwa mu mwaka ushize.

Iri rushanwa rikinirwa kuri Tapis Rouge i Nyamirambo, ritegurwa hagamijwe gufasha abakinnyi bakiri bato kugaragaza impano za bo ndetse no gufasha abigiye hejuru mu myaka kubona akazi ku batagafite.

Amakipe yakinnye iri rushanwa umwaka ushize, ni Golden Generation, Stella FC, Brésil, We Never Know FC, Buja City, Start Morning, Native Sport, Young Boys, Elevator Gatsibo, Spark Victory, Zone FC, Ubumwe Grande Hotel, Travel Line, All Stars FC, Farcon FC, Dream Team na AT Sport.

Umwimerere w’iri rushanwa ryateguwe na Ishimwe Jean Claude ‘Cucuri’ usanzwe ari umusifuzi mpuzamahanga, ni uko hanongewemo amakipe ane y’abagore, na yo yahuye guhera muri ½ maze irushanwa rya yo rirarangira ari Nyampinga WFC yegukanye igikombe itsinze Imbuto WFC ibitego 2-0.

Igikombe cy’umwaka ushize, kibitswe na Golden Generation yacyegukanye itsinze Brésil ibitego 4-2 ku mukino wa nyuma.

Ikipe yabaye iya mbere muri buri cyiciro, yahembwe igikombe inahabwa 1000,000 Frw mu gihe iya Kabiri yahawe ibihumbi 500 Frw, iya gatatu ihembwa ibihumbi 300 Frw.

Esperance Football Tournament igiye gukinwa bwa kabiri
Ni irushanwa rigaragaramo abasanzwe mu cyiciro cya mbere
N’amakipe y’abagore ararikina
Kwizera Olivier yakinnye umukino umwe ahita ahembwa nk’umukinnyi mwiza w’umukino
Ni irushanwa ryitabirwa n’abakinnyi bamwe baba basanzwe bafite amakipe bakinira muri BK Pro League
Abagore nabo baryoheje iri rushanwa
Umukino umwe wonyine Kwizera yakinnye, yashimishije abawurebye
Risifurwa n’abasifuzi bo mu cyiciro cya mbere
Abatoza n’abayobozi batandukanye, baza kureba iri rushanwa
Buri mukinnyi witwaye neza, yaribishimiwe
Abafana bo baba ari benshi
Ni ahantu heza ho gusohokana ku bakundana
Stella FC yaviriyemo muri 1/2
Spark Victory yarimo benshi bato

UMUSEKE.RW

Share This Article