Iran yongeye gufunga inzira ya Hormuz

Inzira ya Hormuz yabaye intwaro ikomeye mu ntambara ya Iran na Amerika

Ingabo zirinda ubutegetsi bwa kisilamu muri Iran (IRGC) zatangaje ko zafunze inzira ya Hormuz mu cyo zise ko Leta zunze Ubumwe za Amerika na Israel bikomeje kwica no kwangiza amasezerano yo guhagarika intambara.

Iran yavuze ko Israel ikomeje gukaza ibitero kuri Liban kandi mu masezerano yasinywe ku wa Gatatu hagati y’ibihugu bya Leta zunze Ubumwe za Amerika na Iran harimo ko ibyo bitero bigomba guhagarara , bityo gufunga  iyo nzira ari uburyo bwo gushyiraho igitutu.

Ku wa Gatandatu tariki ya 20 Kamena 2026, Ingabo za IRGC zaburiye amato yose kutegera iyi nzira y’ingenzi inyuzwamo igice kinini cya peteroli na gaze bijyanwa ku masoko mpuzamahanga.

Itangazo ryagira riti “ Amato yose aragirwa inama yo kutegera inzira ya Hormuz, bitaba ibyo umutekano wayo uzaba uri mu kaga.”

Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika zishinzwe ibikorwa mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM)  bwo bwatangaje ko urujya n’uruza rw’amato y’ubucuruzi rwiyongereye kuri uyu wa 20 Kamena.

Mu butumwa bwashyizwe ku rubuga X nyuma y’itangazo rya Iran rivuga ko yafunze uwo muyoboro, CENTCOM yagize iti “Ingendo z’amato y’ubucuruzi anyura mu nzira ya Hormuz ziyongereye ku wa 20 Kamena, mu gihe ingabo za Amerika zakomeje ibikorwa muri ako karere hagamijwe kurinda ubwisanzure bwo gutambuka mu mazi mpuzamahanga.”

Amerika yashimangiye ko kuri uyu munsi iyo nzira yanyuzemo  amato y’ubucuruzi 55 atwaye imizigo myinshi ndetse n’utungunguru twa peteroli turenga miliyoni 17.

Ukunyuranya kwa Amerika na Iran ku nzira ya Hormuz kuravugwa mu gihe intumwa z’ibihugu byombi zerekeje mu Busuwisi mu biganiro byo gusuzuma iyubahirizwa ry’amasezerano ibihugu byombi byasinye.

Visi Perezida wa Amerika, JD Vance, yatangaje ko Jared Kushner, umukwe wa Donald Trump, hamwe n’intumwa yihariye Steve Witkoff, bamaze kugera mu Busuwisi mbere y’ibiganiro biteganyijwe na Iran ku Cyumweru.

Ibinyamakuru byo muri Iran byatangaje ko intumwa zayo ziyobowe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Mohammad Baqer Qalibaf,  na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Abbas Araqchi, ndetse n’abayobozi bakuru bashinzwe umutekano nabo bahagurutse i Tehran bajya i Geneva.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article