Ni mu mushinga washyizwe mu bikorwa ku bufatanye bwa Minisiteri y’Ibidukikije, Umushinga wa Tubura (One Acre Fund), Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amashyamba (RFA) n’Umujyi wa Kigali.
Hagaragajwe ko ubu buhumbikiro bwiswe ‘Kigali Modern Tree Nursery’, bwubatse kuri hegitari 1.4, bwitezweho kongerera Umujyi wa Kigali ubushobozi bwo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.
Ni mu gihe, ubu buhumbikiro buzafasha abaturage kurwanya imirire mibi binyuze mu kubona no kurya imbuto zifite ubuziranenge.
Umuyobozi Mukuru wa One Acre Fund Rwanda, Belinda Bwiza, agaragaza ko ubu buhumbikiro buzongera uburyo bwo kubona ingemwe z’ibiti zifite ubuziranenge mu Mujyi wa Kigali no mu bice biwegereye.
Yongeraho ko gushyira ibyo biti mu Mujyi wa Kigali bigamije kuwurimbisha no kuwongerera uburumbuke, ndetse no kongera urusobe rw’ibinyabuzima birimo inyoni n’izindi nyamaswa.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Bernadette Arakwiye, avuga ko ‘Kigali Modern Tree Nursery’ izaba ihuriro ry’udushya, ubumenyi n’imikorere myiza mu gutubura no gucunga neza ingemwe z’ibiti.
Uretse ubuhumbikiro bwa hegitari 1.4 bwatashywe, hateganyijwe kubakwa ikigo cy’ubushakashatsi n’amahugurwa ku bijyanye n’ibiti ku buso bwa hegitari 21.
Hanasinywe amasezerano y’ubufatanye hagati ya One Acre Fund Rwanda, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amashyamba (RFA) n’Umujyi wa Kigali, hagamijwe gushyigikira gahunda y’Igihugu yo gutera ibiti izwi nka “Igiti Cyanjye, Umurage Wanjye”.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Bernadette Arakwiye, avuga ko ubu buhumbikiro buzatanga imbuto zujuje ubuziranenge
Umuyobozi wa RFA, Dr Concorde Nsengumuremyi, avuga ko muri uyu mwaka hari intego yo gutera ibiti bisaga miliyoni 100Hasinywe amasezerano y’ubufatanye hagati ya One Acre Fund Rwanda, RFA hamwe n’Umujyi wa KigaliIyi Pepiniyeri irimo ibiti by’amoko atandukanye yafunguwe ku mugaragaro
Iyi Pepiniyeri izajya itanga ingemwe z’imbuto zisaga miliyoni 1 buri mwaka