Ubwo hasozwaga irushanwa ry’Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo ritegurwa n’Ishyirahamwe ry’Imikino y’Abakozi mu Rwanda [ARPST], ikipe y’umupira w’amaguru y’Urwego Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka [DGIE], yegukanye igikombe mu cyiciro cy’ibigo bifite abakinnyi bakiri bato [Catégorie B].
Iri rushanwa, ryasojwe ku wa Gatanu, tariki ya 1 Gicurasi 2026, cyane ko wari n’Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo.
DGIE yari muri Catégorie B, yegukanye igikombe cy’iri rushanwa nyuma yo gutera mpaga RBC FC y’ibitego 3-0 nyuma y’uko ikipe y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima yanze gukina.
Muri iki cyiciro, ikipe ya REG FC yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare [NISR] igitego 1-0.
Mu cyiciro cy’ibigo by’abakozi bakuze [Catégorie A], RAC itozwa na Museveni Robert, niyo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda CHUB ibitego 4-1.
Muri iki cyiciro, naho RBC FC yanze kujya gukinira umwanya wa gatatu maze iterwa mpaga y’ibitego 3-0 na Wasac.
Uretse ruhago, no mu mikino y’amaboko ibigo birakina yaba mu mukino wa Volleyball na Basketball.
Muri Volleyball mu cyiciro cya Catégorie A mu bagabo, RAC yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Minisiteri y’lkoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo (MINICT) amaseti 3-0, mu gihe muri iki cyiciro, RRA yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda CHUB amaseti 3-1.
Muri Volleyball mu cyiciro cya Catégorie B mu bagabo, NISR niyo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Rwandair amaseti 3-2 mu gihe DGIE yegukanye umwanya wa gatatu muri iki cyiciro cyuma yo gutsinda Wasac amaseti 3-1.
Mu mukino wa Basketball ho mu cyiciro cya Catégorie A mu bagabo, RRA yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda RAC amanota 78-72 mu gihe RTDA yabaye iya gatatu muri iki cyiciro nyuma yo gutsinda Wasac amanota 73-64.
Muri Basketball mu cyiciro cya Catégorie B mu bagabo, NISR yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda DGIE amanota 95-86 mu gihe muri iki cyiciro, Minisiteri y’Ingabo [MOD] ari yo yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda Rwandair amanota 73-70.
Mu cyiciro cy’abagore muri Catégorie B mu mukino wa Volleyball, RBC yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Wasac amaseti 3-0.
Muri Catégorie A mu bagore mu mukino wa Basketball, CHUB yambukanye igikombe nyuma yo gutsinda RBC amanota 72-47 mu gihe muri Catégorie B muri uyu mukino, RBC ari yo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda CHUB amanota 78-10.
Uretse iyi mikino y’abantu benshi, hanahembwe abitwaye neza mu mikino y’abantu ku giti cyabo irimo Igisoro, Gusiganwa ku Maguru, kurushanwa Koga n’iyindi.
































UMUSEKE.RW
