Amizero WFC yegukanye Shampiyona y’Icyiciro cya Gatatu

Mu Karere ka Rwamagana hasorejwe Shampiyona y’Abagore y’Icyiciro cya Gatatu [FERWAFA Women’s Regional League], yegukanywe na Amizero WFC yo muri aka Karere nyuma yo kunganya na Eagles WFC ibitego 2-2.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 9 Gicurasi 2026 ni bwo hasojwe Shampiyona y’Abagore y’Icyiciro cya Gatatu [FERWAFA Women’s Regional League].

Umukino usoza iyi Shampiyona, wabereye ku kibuga cya Ruhunda Trinity giherereye i Rwamagana, witabirwa n’abayobozi batandukanye barimo abo mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda [FERWAFA].

Bamwe mu bayobozi barebye uyu mukino, barimo Komiseri Ushinzwe amarushanwa mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, Eng. Niyitanga Désire, Harindintwari Jonathan ukora mu Biro by’Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA [Executive Manager] n’abandi.

Saa Munani z’amanywa, ni bwo Tuyihimbaze Kevine wayoboye uyu mukino wahuje Amizero WFC y’i Rwamagana na Eagles WFC yo mu Karere ka Bugesera, yari ahushye mu ifirimbi awutangije.

Izi zahataniraga igikombe cya Shampiyona ariko zombi zamaze gukatisha itike yo kuzakina icyiciro cya Kabiri umwaka utaha.

Ku munota wa 21, Byukusenge Sandrine yatsindiye igitego Eagles WFC, ku mupira yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina.

Abanya-Bugesera bongeye kubona izamu ku munota 28 ubwo Mukirisitu Ruth yatsindaga igitego cya kabiri maze imibare y’abanya-Rwamagana izamo ibihekane.

Iminota 45 y’igice cya mbere, yarangiye Eagles WFC iri imbere n’ibitego 2-0. Amizero WFC yari ibizi ko ikeneye kunganya gusa uyu mukino ubundi igatwara igikombe, byayisabaga kugarukana imbaraga nyinshi mu gice cya kabiri.

Mun gihe aya makipe yari kunganya, igikombe cyari gusigara i Rwamagana nk’uko byaje kugenda kuko yombi yanganyaga byose ariko Amizero WFC yari yatsinze igitego 1-0 mu mukino ubanza.

Mu gice cya Kabiri, ikipe yo mu Karere ka Rwamagana yagarukanye imbaraga nyinshi ndetse ibonamo ibitego bibiri byo kwishyura ibyo yari yatsinzwe.

Ku munota wa 76 Akariza Chania yatsindiye Amizero WFC igitego cya mbere kuri penaliti mu gihe mu minota y’inyongera 90+4, Uwase Béatrice yatsinze igitego cya kabiri maze abanya-Rwamagana binaga ibicu.

Umukino warangiye, Amizero WFC ari yo yegukanye igikombe cy’uyu mwaka muri Rwanda Women’s Regional League 2025-26, ihembwa 3,000,000 Frw mu gihe Eagles WFC yahembwe 1,000,000 Frw.

Izi zombi zizakina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri mu mwaka w’imikino 2026-27 mu Bagore.

Abakinnyi babanjemo ku makipe yombi.

Amizero WFC XI: Kamariza Uwamungu Chalon, Akariza Chania, Uwikunda Pacifiqua, Uwimana Saverine, Umuganwa Pascaline, Irakoze Edith, Ishimwe Belise, Uwayo Fanette, Umutoniwase Christine, Uwase Sandrine na Gisubizo Noella.

Eagles WFC XI: Mutuyimana Niyigena, Ndacyayisenga Leoncie, Muhorakeye Claire, Irafasha Germaine, Byukusenge Sandrine, Mukirisitu Ruth, Uwayo Rachel, Kampire Divine, Umutoni Fillette, Ingabire Rachel na Mutuyimana Gisèle.

Amizero WFC y’i Rwamagana yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Abagore y’Icyiciro cya Gatatu [Rwanda Women’s Regional League 2025-26]
Mbere yo gutangira umukino, hafashwe umunota wo Kwibuka
Abasifuzi bayoboye umukino
Abafana bo bari benshi
Babaga bafata amashusho y’umukino
Amizero WFC yari ifite abafana
Amizero WFC yari mu byishimo
Ni umukino wabereye ku kibuga cya Ruhunda Trinity
Abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rwa Amizero WFC
11 ba Eagles WFC babanjemo
Ubwo hazanwaga igikombe
Abafana ntabwo bigeze bicara
Ni umukino waryoheye abawurebye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *