Uganda yatahuye abandi bantu banduye Ebola

Bundibugyo ni bwo bwoko bwa Ebola burimo kwica abantu kuva tariki 15 Gicurasi, 2026

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yemeje ko habonetse ubwandu bwa Ebola mu bandi bantu babiri, bivuze ko abanduye muri icyo gihugu ari 7.

Abantu babiri banduye Ebola ni abakozi b’ivuriro ryigenga riherereye i Kampala.

Abarwayi bombi bajyanywe mu ivuriro ryihariye ririmo kwita ku banduye Ebola na bo barimo kwitabwaho. Ministeri y’Ubuzima muri Uganda ivuga ko habayeho kugenzura abantu bose baba barahuye n’abo bantu banduye.

Icyorezo cya Ebola cyadutse muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ndetse kigera no muri Uganda gikomeje guhangayikisha inzego z’ubuzima zikanga ko iyi ndwara ishobora gukwirakwira muri Afurika yo hagati.

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, ubu harabarurwa abantu barenga 900 bikekwa ko banduye Ebola mu gihe abantu barenga 200 bikekwa ko ari yo yabahitanye.

Iki cyorezo kandi cyatangiriye mu Ntara ya Ituri, ubu byemejwe ko muri Kivu y’Amajyepfo habonetse abanda bantu babiri banduye Ebola.

Uganda yasabye abaturage ko igihe babonye umuntu ufite ibimenyetso bya Ebola bahita babimenyesha inzego.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *