Biciye muri gahunda yiswe ‘Grassroots Festival 2026’, Ijabo Ryawe Rwanda ryahaye amarerero yo mu Mujyi wa Kigali imipira 120 yo gukina.
Ni umuhango wabereye ku kibuga cyo kuri Tapis Rouge i Nyamirambo kuri uyu wa 6 Kamena 2026.
Amarerero arenga 40 agizwe n’abana barenga 700 barimo abakobwa n’abahungu, ni yo yari yitabiriye ‘Grassroots Festival 2026’ yahuje Abanya-Kigali.
Abarimo Visi Perezida wa mbere Ushinzwe Tekiniki mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda [FERWAFA], Mugisha Richard, Perezida wa Ijabo Ryawe Rwanda, Sheikh Habimana Hamdani n’abandi, bari bitabiriye iki gikorwa.
Ubusanzwe ‘Grassroots Festival’, ni gahunda igamije gukundisha abakiri bato umupira w’amaguru, isanzwe ikorwa na Ijabo Ryawe Rwanda.
Ubwo iyo mu Mujyi wa Kigali yasozwaga uyu munsi, Sheikh Hamdani yavuze bazakurikizaho ‘Ligue ya mbere’ yo mu Burengerazuba aho biteganyijwe bizabera kuri Stade Umuganda tariki ya 20 Kamena 2026.
Umuyobozi wa Ijabo Ryawe Rwanda, Sheikh Habimana Hamdani ubwo yatangizaga gahunda z’uyu munsiNi gahunda yabereye kuri Tapis RougeVisi Perezida wa mbere Ushinzwe Tekiniki mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda [FERWAFA], Mugisha Richard, ari mu batangije iyi gahundaAbana bagaragaje impano bifiteAbana bari benshiUyu Muyobozi yagiranye ibihe byiza n’abanaAbatoza n’abandi bayobozi bafatanyije gushyira ku murongo gahunda y’uyu munsiAmarerero atandukanye yari yahuriye kuri Tapis RougeAbabarirwa mu Ijabo Ryawe Rwanda, bari babukereyeSheikh Hamdani yishimanye n’abanaAbana bari babukereyeBuri rerero ryatahanye imipira yo gukina itatuIrerero ryose ryaje ryatahanye imipira itatuVisi Perezida wa mbere Ushinzwe Tekiniki muri FERWAFA, Mugisha Richard, yibukije aba bana ko ari bo Amavubi y’ejoYabibukije ko bakwiye kubyaza umusaruro impano bifitemoAbayobozi bakurikiye iyi mikinoImipira abana bakina ni ijyanye n’ikigero cy’imyaka barimoBahawe imipira ijyanye n’uko banganaN’abakobwa bagaragaje impano