KIPM: Imidari myinshi yasigaye i Kigali muri Half-Marathon

Abanyarwanda batatu, bitwaye neza mu irushanwa mpuzamahanga ryo Gusiganwa ku Maguru ‘Kigali International Peace Marathon’ mu Cyiciro cy’Ibilometero 21 [Half-Marathon].

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 14 Kamena 2026, ni bwo habaye irushanwa Mpuzamahanga ryo Gusiganwa ku Maguru ‘Kigali International Peace Marathon’.

Abantu 4.197, ni bo bitabiriye irushanwa ry’uyu mwaka, ryari rifite umwihariko wo gukinwa iminsi ibiri nyuma yo kubanzirizwa n’iry’abatarabigize umwuga [Run for Peace] ryari rifite intera y’Ibilometero 10. Iri ryabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 13 Kamena.

Abarimo Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda [RAF], Col [Rtd], Kayumba Lemuel, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo mu Rwanda, Candy Basomingera, Visi Perezida wa RAF, Jackson Tuei, bari mu Bayobozi bitaririye iri rushanwa.

Mu cyiciro cy’abasiganwa ibilometero 21 [Half-Marathon], Abanyarwanda batatu ni bo baje imbere y’abandi mu cyiciro cy’abagore.

Aba bayobowe na Ibishatse Angelique wabaye uwa mbere akoresheje isaha imwe, iminota 13 n’amasegonda 29, Mutuyimana Berthlide wabaye uwa kabiri akoresheje isaha imwe, iminota 13 n’amasegonda 53 na Tuyambaze Thabita wabaye uwa gatatu akoresheje isaha imwe, iminota 14 n’amasegonda atanu.

Mu cyiciro cy’abagore mu basiganwaga mu bilometero 42 [Full-Marathon], umunya-Kenya, Ivyne Jeruto JERUTO, ni we wabaye uwa mbere nyuma yo gukoresha amasaha abiri, iminota 35 n’amasegonda 35.

Yakurikiwe n’abakomoka muri Éthiopie babiri barimo Tegest Ayalew Ymer wabaye uwa kabiri na Tsega Desta Mehari wabaye uwa gatatu.

Mu bagabo basiganwaga ibilometero 21 [Half-Marathon], Umunya-Kenya, Amos Kirui ni we waje imbere y’abandi nyuma yo gukoresha isaha imwe, iminota ine n’amasegonda 16.

Yakurikiwe n’umunya-Uganda, Oscar Kibet mu gihe ku mwanya wa gatatu hagarutse umunya-Kenya, Zakariah Kirika Gacugu.

Mu gusiganwa mu bilometero 42 [Full-Marathon] mu cyiciro cy’abagabo, Abanya-Kenya ni bo bihariye ibihembo nyuma yo gufata imyanya ine mu munani.

Aba bayobowe na Kephar Lumbasi Namutala wabaye uwa mbere akoresheje amasaha abiri, iminota 14 n’amasegonda 19. Yakurikiwe na Shadrack Kimining KIMINING wakoresheje amasaha abiri, iminota 15 n’amasegonda 18 mu gihe Benard Kipkorir yaje ku mwanya wa gatatu akoresheje amasaha abiri, iminota 16 n’amasegonda 22.

Undi munya-Kenya wabonye ibihembo muri iki cyiciro, ni Kipkirui Langat waje ku mwanya wa munani akoresheje amasaha abiri, iminota 18 n’amasegonda 42.

Isiganwa ry’uyu mwaka, ryitabiriwe n’abakinnyi 518 barimo abakina amasiganwa akomeye ku Isi batumiwe i Kigali, bahise batangira gusiganwa.

hakoreshejwe inzira zirimo Amahoro Stadium – Chez Lando-Gishushu – RDB – MTN Nyarutarama [Akabuga ka Nyarutarama] – Gishushu RDB – KCC – University of Kigali – Kacyiru – Minagri – Kwa Ambasaderi wa Amerika – KABC – Kimihurura ku Kabindi – Primature – ku Kabindi – Kigali Heights – University of Kigali – KCC – Gishushu – Chez Lando – Amahoro Stadium [Zigama Gate] – Kwa Rwahama – Simba Kimironko – KFC Kimironko – Controle Technique – Amahoro Stadium.

Umukinnyi wegukanye iri rushanwa mu gusiganwa mu bilometero 42 [Full-Marathon] mu bagabo n’abagore, yahawe ibihumbi 20$ [asaga miliyoni 29,3 Frw], uwa kabiri ahabwa ibihumbi 15$ naho uwa gatatu atwara 7500$.

Uwa kane yabonye 5000$, uwa gatanu abona 3000$ mu gihe kuva ku wa gatandatu kugeza ku wa munani bahawe 2000$, 1500$ na 1000$.

Mu basiganwe mu bilometero [Half-Marathon], uwa mbere mu bagabo no mu bagore yahawe 5000$ [asaga miliyoni 7,3 Frw].

Uwa kabiri yabonye 4000$, uwa gatatu ahabwa 3000$. Kuva ku mwanya wa kane kugeza ku wa munani bahawe 2000$, 1000$, 800$, 500$ na 400$.

Irushanwa rya Kigali International Peace Marathon iri ku rwego rwa gatatu rw’amarushanwa akomeye ku Isi [Elite Label], ariko uyu mwaka yatumiwemo abakinnyi 22 bakina amarushanwa yo ku rwego rwa kabiri [Gold Label] kugira ngo izazamurirwe urwego.

Ibishatse Angelique ubwo yageraga ku murongo ari uwa mbere
Yahageze ananiwe
Umunya-Kenya, Kephar Lumbasi Namutala ni we wegukanye ‘Kigali International Peace Marathon’ muri Full-Marathon
Ivyne Jeruto yegukanye umudari wa zahabu muri Full-Marathon mu cyiciro cy’abagore
Ubwo Ivyne Jeruto yageraga ku murongo
Kephar Lumbasi Namutala yashimye Imana nyuma yo kwegukana umudari wa zahabu
Abayobozi n’abitwaye neza nyuma yo kubaha ibihembo
Abitwaye neza mu isiganwa ry’uyu mwaka
Abagore bagaragaje guhangana
Ni isiganwa ryarimo amazina akomeye ku Isi
Ubwo Visi Perezida wa RAF, yatangizaga isiganwa ry’uyu mwaka
Isiganwa ry’uyu mwaka, ryitabiriwe n’abakinnyi 518
Abatarabigize umwuga nabo bahawe umwanya

UMUSEKE.RW

Share This Article