Rayon Sports yahaye akazi Habimana Sosthène

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko iyi kipe yamaze guha akazi Habimana Sosthène wayihozemo, wayigarutsemo nk’umutoza wungirije.

Ni amakuru yemejwe n’iyi kipe yo mu Nzove ku wa 4 Nyakanga 2026 yabicishije kuri X.

Bagize bati “Tunejejwe no gutangaza igaruka ry’umunyabigwi wacu, Habimana Sosthène.”

“Ubwo aheruka aha mu 2014, yari umutoza wacu wungirije mu gihe mu 2014-2015 yabaye umutoza mukuru w’agateganyo.”

Bongeyeho bati “Yagarutse mu kipe nk’umutoza wacu wungirije.”

Uretse kuba umutoza, Sosthène asanzwe ari n’umwarimu w’abatoza, cyane ko afite impamyabumenyi y’ubutoza ya A CAF.

Yatoje kandi amakipe arimo Etincelles FC, Musanze FC n’amakipe atandukanye y’Igihugu y’ingimbi.

Habimana Sosthène yagizwe umutoza wungirije wa Rayon Sports

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *