*Amasezerano azasinywa ku wa Gatanu
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wungirije wa Iran, avuga ko amasezerano y’amahoro hagati y’igihugu cye na America azashyirwaho umukono ku wa Gatanu, ibi bikaba byatangajwe n’ibitangazamakuru bya leta ya Iran.
Kazem Gharibabadi, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wungirije wa Iran yemeje kuri telefoni ya televiziyo ya Leta ko amasezerano hagati ya Iran na Amerika yarangiye, kandi ko umukono ku mugaragaro uzashyirwaho mu Busuwisi ku wa Gatanu.
Agira ati: “Guhagarika vuba kandi burundu intambara n’ibikorwa bya gisirikare ku mpande zitandukanye harimo no muri Lebanon biratangazwa iri joro.”
Perezida Donald Trump yavuze ko “ategetse ko umuhora wa Hormuz ufunguye, kandi ko gukumira amato ku ruhande rwa Iran byari byashyizweho na America na byo birangiye.”
Trump yasabye abafite amato anyura muri kariya gace Iran irimo gushyushya imashini, ubundi bakajya kurangura amavuta (petrol).
Minisitiri w’intebe wa Pakisitani na we avuga ko amasezerano y’amahoro hagati y’America na Iran yagezweho, cyakora muri iki cyumweru harimo ibyo bazakomeza kunoza.
Shehbaz Sharif, Minisitiri w’intebe wa Pakisitani, wabaye umuhuza, avuga ko habaye kumvukana ku masezerano hagati y’America na Iran.
Yanditse kuri X. Yanditse ati: “Nyuma y’ibiganiro bikomeye, twishimiye kumenyesha ko amasezerano y’amahoro hagati ya Leta zunze ubumwe z’Amerika na Repubulika ya Kisilamu ya Iran yagezweho.”
Yongeyeho ko “Impande zombi zatangaje ko ibikorwa bya gisirikare bihagarikwa bidatinze kandi burundu ku mpande zose, harimo no muri Liban/Lebanon.”
Yongeyeho ko umuhango wo gusinya ku mugaragaro uzaba ku ya 19 Kamena, 2026 mu Busuwisi.
Perezida Donald Trump ku wa Gatandatu yari yatangaje ko amasezerano y’amahoro hagati ya America na Iran asinywa kuri iki Cyumweru dusoje, ariko ntibyabaye.
Tariki ya 28 Gashyantare 2026 nibwo America na Israel byagabye ibitero bikomeye kuri Iran bihitana abayobozi benshi bo hejuru mu ngabo no mu butegetsi bwa Iran, ariko Iran na yo isubiza ihindura umuyonga ibigo bya gisirikare bya America biri mu bihugu bikikije Iran, ndetse inarasa kuri Israel.
UMUSEKE.RW
