Amerika yaburiye abaturage bayo bari mu Burasirazuba bwo Hagati

Ambasade za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati ziri mu zibasiwe n'ibitero bya Iran

Leta zunze Ubumwe za Amerika zasabye abaturage bazo bari mu Burasirazuba bwo Hagati kwitwararika no kugira amakenga kuko ngo Iran ishobora gufata ibyemezo bitunguranye.

Amerika iratanga umuburo mu gihe ibitero bya Iran ku birindiro bya Amerika biri mu bihugu byo Burasirazuba bwo Hagati bikomeje gukaza umurego.

Impuruza yatanzwe na Ambasade ya Amerika muri Jordanie kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 1 Kanama 2026, isaba Abanyamerika bari muri ako karere “kwitwararika no kugira amakenga”, ibasaba kandi kwitegura ko ingendo z’indege zishobora guhagarikwa ndetse n’ikirere kikaba cyafungwa rimwe na rimwe.

Ubu butumwa bugira buti “Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Amman iragira inama Abanyamerika bose kwirinda kujya ku birindiro bya gisirikare biri muri Jordanie.”

Ivuga ko kandi ubutegetsi bwa Iran ibikorwa byabwo digateganywa.

Iran na Amerika bikomeje kurwana ndetse kuri uyu wa Gatandatu, igisirikare cya Kuwait cyatangaje ko ubwirinzi bwacyo bwo mu kirere bwahanganye n’indege zitagira abapilote cyise iz’umwanzi, gishinja Iran kugaba icyo gitero. Iran na yo yavuze ko indege zayo zagabye igitero ku bikorwa bya gisirikare bya Amerika biri ku kibuga cya Ahmad al-Jaber muri Kuwait.

Iran yavuze ko icyo gitero cyari igisubizo ku bitero Amerika yari yagabye ku butaka bwayo umunsi umwe mbere.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *