U Rwanda rwakemanze uburyo MONUSCO igenzura abahoze muri FDLR

Abaturage 39 baherutse gusubizwa muri Congo, nyuma y'igihe barazanwe mu Rwanda nk'abahoze muri FDLR

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko abantu 81 batashye mu Rwanda kuva mu Ukwakira 2025, bafashijwe na MONUSCO, bavuga ko ari abahoze ari abarwanyi ba FDLR, ariko nyuma bikagaragara ko ari abasivili b’Abanye-Congo batigeze baba mu mutwe w’itwaje intwaro.  69 muri bo bavuze ko babwiwe kubeshya kugira ngo bazahabwe ku byo Ikigo cya Mutobo giha abahoze ari abarwanyi.

Ibi Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje ku wa Gatandatu tariki ya 1 Kanama 2026, nyuma y’uko Komisiyo ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu Rwanda (RDRC) isubije muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) abantu 39 bari bamaze amezi arindwi mu Rwanda.

Ku wa 29 Nyakanga 2026, RDRC yatangaje ko aba bantu basubijwe muri Congo nyuma y’igenzura ryimbitse ryagaragaje ko batari bujuje ibisabwa kugira ngo bafatwe nk’abahoze ari abarwanyi bagomba gusezererwa no gusubizwa mu buzima busanzwe.

Bamwe muri bo bavuze ko mbere yo kuza mu Rwanda, abakozi ba MONUSCO bababwiraga ko nibagera mu Rwanda bazahabwa amafaranga.

MONUSCO yahakanye kugira uruhare mu isubizwa ry’abo bantu muri Congo, inavuga ko ikora igenzura rihagije mbere yo kohereza mu Rwanda abavuga ko ari abahoze ari abarwanyi ba FDLR.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko, icyo MONUSCO itakwihakana  ari uko kuva mu Ukwakira 2025 abantu 81 bagejejwe mu Rwanda ku bufasha bwayo bavuga ko ari abahoze ari abarwanyi ba FDLR, ariko nyuma bikagaragara ko ari abasivili b’Abanye-Congo.

Yavuze ko aba bantu bavukiye ku babyeyi b’Abanye-Congo, badafite inkomoko mu Rwanda kandi nta mateka yo kuba barigeze bagira uruhare mu mitwe yitwaje intwaro.

Minisitiri Nduhungirehe kandi yavuze ko Itsinda Rihuriweho n’Ingabo zo mu Karere k’Ibiyaga Bigari rishinzwe kugenzura ibibera ku mupaka (EJVM) ryatumiwe kugira ngo risuzume aya makuru.

Yasobanuye ko mu biganiro bagiranye n’abo bantu, 69 bicujije ko bavuze ibinyoma bakemera ko bahoze ari abarwanyi ba FDLR, nyuma yo kubwirwa ko bazungukira mu bitangwa n’Ikigo cya Mutobo gishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi..

Minisitiri Nduhungirehe yashimangiye ko abakozi ba MONUSCO bashinzwe gahunda yo kwambura intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu mitwe yitwaje intwaro (DDR) bakwiye kurangwa n’ubunyamwuga, ubunyangamugayo n’ubwitonzi.

Ati “Ndashimangira ko mu gihe cyose cyo kwambura intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi, ubunyamwuga, ubunyangamugayo n’ubwitonzi by’abakozi ba MONUSCO bashinzwe gahunda ya DDR bigomba gufatwa nk’indangagaciro y’ibanze.”

MUGIRANEZA THIERRY/UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *