Congo: Ebola imaze kwica abarenga 1,800

Icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje gukwirakwira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho abantu 1,850 bamaze guhitanwa na cyo, mu gihe abanduye bose bageze ku 4,053.

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima muri RDC igaragaza ko kugeza ku wa 5 Kanama 2026, Ebola yari imaze kugera mu bice 53 by’ubuzima byo mu ntara eshanu: Ituri, Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo, Haut-Uélé na Tshopo.

Muri ibi bice hiyongereyeho Gombari yo muri Haut-Uélé na Bafwasende yo muri Tshopo, byombi bikaba ari bishya byagaragayemo Ebola.

Ituri ni yo ntara yibasiwe cyane, kuko habarizwa 86.9% by’abanduye bose. Muri rusange, 793 mu banduye barakize, mu gihe 694 bakiri mu kato cyangwa barimo kuvurirwa mu bitaro.

Igipimo cy’abahitanwa na Ebola kirenga 45%. Inzego z’ubuzima zivuga ko kugeza ubu zishoboye gukurikirana 77.7% by’abantu bakekwaho kuba barahuye n’abanduye, mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Abashinzwe kurwanya Ebola bavuga ko umutekano muke mu bice bimwe, ubuke bw’abaganga n’ibikoresho, ndetse n’imyumvire ya bamwe mu baturage, bikomeje kubangamira ibikorwa byo guhangana n’iki cyorezo.

Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo yongeye kugaragara muri RDC muri Gicurasi 2026.

MUGIRANEZA THIERRY/UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *