Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba, umaze iminsi aca amarenga y’uko ashobora kuzasimbura Se, Perezida Yoweri Kaguta Museveni, ku buyobozi bwa Uganda, yatangaje ko mu 2031 ari bwo aziyamamariza uwo mwanya.
Ni mu butumwa uyu Mu-Jenerali w’inyeneyeri enye yanditse ku rukuta rwa X kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Kanama 2026.
Gen.Muhoozi usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akaba n’Umujyanama wa Perezida mu bikorwa bya Gisirikare byihariye , mu butumwa bwinshi yanditse kuri X yatangiye asaba ko habaho amatora maze abazamutora mu 2031 bagakora ‘retweet ‘na ‘like’.
Ati “Nzahatanira umwanya wo hejuru mu gihugu mu 2031. Kandi tuzatsinda ku bw’ubuntu bw’Imana ishobora byose.”
Muhoozi yavuze ko Se ari we uzaba ashinzwe ibikorwa byo kwiyamamaza.
Si ubwa mbere Gen.Muhoozi avuze ko aziyamamariza kuyobora Uganda. Mu 2024 nabwo yari yatangaje ko mu matora yabaye mu 2026 yari kwiyamamariza kuyobora Uganda hanatangira inkundura yiswe “MK26” ariko nyuma arabireka nyuma y’uko Perezida Museveni yemeje ko aziyamamaza.
Icyo gihe Gen. Muhoozi yasobanuye ko yahisemo kuguma mu gisirikare kuko ku bwe “muri iyi Si nta hantu hatunganye haruta muri UPDF”.
MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW
