AMAFOTO – Perezida Macron yakiriye ku meza Perezida Kagame na Madamu J. Kagame

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron n’umugore we Brigitte Macron bakiriye ku meza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Madamu Jeannette Kagame mu musangiro wabereye mu Ngoro ya ‘Palais de l’Élysée’.

Uyu musangiro wabaye ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 2 Kamena 2026, nyuma y’uko Abakuru b’ibihugu byombi bari babanje kwifatanya mu gikorwa cyo gufungura ku mugaragaro Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, giherereye mu Mujyi wa Paris.

Mu butumwa buri ku rubuga rwa X, rw’Ibiro bya Perezida w’u Rwanda, Village Urugwiro, buvuga ko mu musangiro wabereye muri Palais de l’Élysée, Perezida Kagame yavuze ko wari munsi ufite ibisobanuro bikomeye n’isezerano.

Umukuru w’Igihugu kandi yavuze ko ibihugu byombi byahisemo gutera intambwe ijya mbere ndetse no kwandika amateka mashya kandi byatangiye kwera imbuto nziza.

Ati ” Ukwiyemeza kuri kuri buri ruhande ariko ik’ingenzi ni ukongera kuzura kwizerana. Uyu munsi u Bufaransa ni umufatanyabikorwa w’ingenzi w’u Rwanda mu ishoramari, tekinologi, ikirere ndetse n’ahandi dusangiye inyungu.”

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari kumwe na Perezida Emmanuel Macron na Madamu Brigitte Macron
Madamu Jeannette Kagame na Madamu Brigitte Macron mu Ngoro ya Palais de l’Élysée
Perezida Kagame na Emmanuel Macron batambuka muri Palais de l’Élysée

Ni umusangiro witabiriwe n’abayobozi batandukanye

Perezida Kagame na Emmanuel Macron baganira
Perezida Kagame na Emmanuel Macron bazahuye umubano w’igihugu byombi
Umusangiro wakurikiye igikorwa cyo gufungura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi i Paris
Perezida Kagame yashimangiye ko umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa, wubakiye ku cyizere
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakirwa na Emmanuel Macron na Brigitte Macron mu Ngoro ya Palais de l’Élysée
Share This Article