Ikipe y’Ingabo yatangaje ko yungutse umutoza, Fouzir Mohamed wongerera imbaraga abakinnyi, nyuma y’uko hashize igihe abakurikiranira hafi iyi kipe, bahamya ko uwari ufite izo nshingano atabikora uko bikwiye.
Amakuru yemeza ko uyu munya-Maroc yahawe izi nshingano, yemejwe na APR FC yabicishije ku mbuga nkoranyambaga zayo ku manywa yo kuri uyu wa mbere.
Fouzir utuye mu Bufaransa, asanzwe ari Dogiteri mu bijyanye no kongerera imbaraga abakinny b’umupira w’amaguru.
Yaciye muri za Shampiyona za Leta ZunzeUbumwe za Amerika, iwabo muri Maroc, Arabie Saoudité, u Bubiligi, u Bufaransa, Iraq, Gabon n’ahandi.
APR FC ikomeje kwitegura umwaka w’imikino 2026-27, aho mu ijonjora ry’ibanze mu mikino Nyafurika ya CAF Champions League izatangira ikina na Aigles du Congo yo muri RDC.



